Rayon Sports na Mukura VS zatangaje abatoza bashya bazazitoza muri uyu mwaka w’imikino

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza Masudi Djuma nk’umutoza mukuru, naho Mukura VS itangaza itsinda ry’abatoza rizaba riyobowe na Ruremesha Emmanuel

Kuri uyu wa Kane amakipe ya Rayon Sports ndetse na Mukura VS zatangaje abatoza bashya bazaziztoza mu mwaka w’imikino wa 2021/2022, abatoza bombi bananyuze muri aya makipe

Masudi Djuma agarutse muri Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza ko Masudi Djuma wakiniye igihe kinini iyi kipe ndetse akanayibera kapiteni, akaza kuyibera umutoza aho yayifashije kwegukana igikombe cya shampiyona ndetse n’igikombe cy’Amahoro, ari we uzayitoza mu gohe cy’imyaka ibiri y’imikino.

Masudi Djuma yasinye imyaka ibiri muri Rayon Sports
Masudi Djuma yasinye imyaka ibiri muri Rayon Sports

Mukura nayo yatangaje Ruremesha Emmanuel nk’umutoza mushya

Ikipe ya Mukura yatangaje ko mu mwaka w’imikino ugiye kuza umutoza mukuru azaba ari Ruremesha Emmanuel, akazungirizwa na Nshimiyimana Canisius, umutoza w’abanyezamu azakomeza kuba Ndaruhutse Theogene, naho umutoza ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi azaba ari Hakizimana Jean Baptiste.

Ruremesha Emmanuel ni we mutoza mukuru
Ruremesha Emmanuel ni we mutoza mukuru
Hakizimana Jean Baptiste azaba ashinzwe kongerera ingufu abakinnyi
Hakizimana Jean Baptiste azaba ashinzwe kongerera ingufu abakinnyi
Nshimiyimana Canisius azaba ari umutoza wungirije
Nshimiyimana Canisius azaba ari umutoza wungirije
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka