Rayon Sports ikuye amanota atatu i Nyagatare mu mukino usojwe n’imvururu

Mu mukino usoza iy’umunsi wa gatatu wa Shampion, Rayon Sports itsinze Sunrise ibitego 2-1.

Ku munota wa 17 w’umukino, Rayon Sports yafunguye amazamu kuri Penaliti yatsinzwe na Bimenyimana Bonfils Caleb, ni nyuma y’ikosa ryari rikorewe Michael Sarpong.

Ni gutya Igitego cya mbere cyagiyemo

Rayon Sports yaje gutsinda igitego cya kabiri ku munota wa 35 w’umukino, igitego cyatsinzwe n’umutwe na Michael Sarpong, kuri koruneri yari itewe na Manishimwe Djabel.

Uko Michael Sarpong yatsindiye Rayon Sports igitego cya kabiri

Ku munota wa 72 w’umukino, ikipe ya Sunrise yari imaze akanya iri kotsa igitutu izamu rya Rayon Sports, yaje gutsinda igitego cyatsinzwe na Gasongo Jean Pierre

Ku munota wa 88 w’umukino, Bimenyimana Bonfils Caleb yahawe ikarita itukura, nyuma yo gukubita umufana wari winjiye mu kibuga.

Mbere yo guhabwa ikarita itukura, umufana yinjiye mu kibuga ubwo umukino wari ukiri gukinwa, atangira kurwanya abakinnyi ba Rayon Sports bamubuzaga gukomeza mu kibuga aho yari ageze hafi y’urubuga rw’amahina rwa Rayon Sports, maze Bimenyimana Bonfils Caleb ahita amukubita umugeri mu nda umufana agwa hasi.

Abakinnyi babanje mu kibuga

Rayon Sports: Bashunga Abouba, Iradukunda Eric Radu, Manzi Thierry, Rwatubyaye Abdul, Irambona Eric Niyonzima Olivier Sefu, Donkor Kuka Prosper, Manishimwe Djabel, Muhire Kevin, Bimenyimana Bonfils Caleb, Michael Sarpong

Rayon Sports yabanje mu kibuga
Rayon Sports yabanje mu kibuga
Sunrise yabanje mu kibuga
Sunrise yabanje mu kibuga

Andi mu mafoto yaranze uyu mukino

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Uyu se wiyise AMAHORO ateye aturuka he?

GGG yanditse ku itariki ya: 2-11-2018  →  Musubize

None se ko ndeba utugejejeho inkuru yivugiye ibya RAYON SPORT gusa, abivuze nkumufana cyangwa umunyamakuru? Icyo 1 cya SUNRISE se cyagiyemo gite? Cyatsinzwe nande , ku munota wa kangahe? Mujye mutugezaho inkuru, maze nituyisoma tumere nkabari kumwe namwe ki Kibuga.

GGG yanditse ku itariki ya: 2-11-2018  →  Musubize

amahoro
burya birababaje cyane kubona umuntu yaka ubuzima uwundi amuhora uko Imana yamuremye.Abagirizwa ubwucinya bwinzira karengane z’abatutsi bishwe n’abahutu bazizaza ubusa ni bahane bikwiye kugira ivyo bitekerezo bicike burundu.Ariko ntimwibagire ko hari n’abahutu bishwe bakicwa n’abatutsi bari mu ndabo za FPR.nubwo rero ni ubwucanyi bukwiye guhana.akarorero inkotanyi zarishe abahutu ba barundi bari aho bita nzangwa ,ubu rero ntawuzi ko abo bantu bari muri bamwe mwerekana mu Rwanda ko ari abatutsi bapfuye.

Ir HASABINTWARI Jean Claude yanditse ku itariki ya: 2-11-2018  →  Musubize

amahoro
burya birababaje cyane kubona umuntu yaka ubuzima uwundi amuhora uko Imana yamuremye.Abagirizwa ubwucinya bwinzira karengane z’abatutsi bishwe n’abahutu bazizaza ubusa ni bahane bikwiye kugira ivyo bitekerezo bicike burundu.Ariko ntimwibagire ko hari n’abahutu bishwe bakicwa n’abatutsi bari mu ndabo za FPR.nubwo rero ni ubwucanyi bukwiye guhana.akarorero inkotanyi zarishe abahutu ba barundi bari aho bita nzangwa ,ubu rero ntawuzi ko abo bantu bari muri bamwe mwerekana mu Rwanda ko ari abatutsi bapfuye.

Ir HASABINTWARI Jean Claude yanditse ku itariki ya: 2-11-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka