Rafael York n’abandi bakina hanze bakoranye imyitozo n’abandi b’Amavubi (AMAFOTO)

Abakinnyi bakina hanze y’u Rwanda barimo Rafael York ugiye gukinira Amavubi bwa mbere, bakoranye imyitozo n’abandi bakinnyi b’Amavubi muri Maroc

Ku munsi w’ejo ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yakoze imyitozo yayo ya mbere Agadir, imyitozo yabereye ku kibuga kimwe muri bibiri by’imyitozo bya stade izaberaho umukino.

Rafael York yakoze imyitozo bwa mbere mu Mavubi
Rafael York yakoze imyitozo bwa mbere mu Mavubi

Usibye abakinnyi baturutse mu Rwanda, abandi bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda ari bo Abdul Rwatubyaye, Manzi Thierry, Rafael York, Mukunzi Yannick bose bageze Agadir ndetse bakaba banakoranye imyitozo n’abandi.

Ni mu gihe kandi Bizimana Dhihad wahageze nyuma kubera umukino wa shampiyona yari yaraye akinnye yakoze imyitozo yoroheje ku ruhande, akaza gukorana n’abandi mu myitozo yo kuri uyu mugoroba ibera ku kibuga kizaberaho umukino.

Uyu mukino w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda na Mali biteganyijwe ko uzaba kuri uyu wa Gatatu ku i Saa tatu z’ijoro zo mu Rwanda, naho undi wa kabiri muri iri tsinda bakazawukina na Kenya ku Cyumweru tariki 05/09/2021 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka