Police FC yashyizeho umutoza mushya ukomoka mu Bwongereza

Ikipe ya Police FC yamaze gutangaza ko yashyizeho umutoza mukuru mushya witwa Francis Nuttall Elliott, akaba yatozaga ikipe ya St George FC yo muri Ethiopia

Mu minsi ishize ni bwo ikipe yaPolice FC yari yatandukanye n’umutoza Haringingo Francis werekeje mu ikipe yaKiyovu Sports, kugeza ubu ikaba nta mutoza yari ifite.

Francis Nuttall, umutoza mushya wa Police FC
Francis Nuttall, umutoza mushya wa Police FC

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru yanyujije ku rubuga rwa Twitter, Police Fc yatangaje ko yashyizeho umwongereza Francis Nuttall Elliott nk’umutoza muri uyu mwaka w’imikino wa 2021/2022.

Uyu mutoza Francis Nuttall Elliott yatoje amakipe yo ku mugabane wa Afurika arimo Gor Mahia muri 2016, aho yayivuyemo ajya kuba umutoza wungirije muri Zamalek, aza kwerekeza muri Ghana aho yatoje Hearts of Oak (2017-2018), hagati ya 2018 na 2019 atoza Al Hilal Obeid yo muri Suda,naho muri 2020 atoza Township Rollers yo muri Botswana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka