Perezida Kagame yashimye icyerekezo cya Infantino mu mupira w’amaguru

Mu nama ya FIFA ibera i Kigali, Perezida Kagame yatangaje ko yanyuzwe n’imiyoborere ya Gianni Infantino, wongeye gutorerwa kuyobora iryo shyirahamwe.

Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye iyo nama
Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye iyo nama

Perezida Kagame yabigarutseho ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye iyo nama, kuri uyu wa Kane tariki 16 Wererurwe 2023.

Yagize ati “Mu buyobozi bwa Gianni Infantino, umupira w’amaguru ugenda uba umukino ufungurira amarembo buri wese. Namenye bwa mbere Gianni Infantino mu myaka umunani ishize ubwo yiyamamarizaga kuyobora FIFA”.

Ati “Nanyuzwe cyane n’indangagaciro ze ndetse n’icyerekezo cyiza umupira ushobora kugira mu muryango. Yari umuyobozi twari dukeneye icyo gihe, ndetse uko namubonye kuva icyo gihe, bigaragaza ko akwiye kongera kuyobora iri shyirahamwe”.

Perezida Kagame yavuze ko yanyuzwe n’uburyo bushya igikombe cy’Isi kizajya gikinwamo, aho banongereye umubare w’amakipe by’umwihariko kuri Afurika wikubye kabiri, avuga ko ari igihe cyiza cyo kugaragara cyane ku ruhando mpuzamahanga.

Perezida wa FIFA yageneye impano Perezida Kagame

Muri iyi nama kandi Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yatangaje ko kubera ubuhanga Perezida Kagame yagaragaje mu mukino wabereye ejo kuri Kigali Pelé Stadium, amushyize mu ikipe ya FIFA.

Yagize ati “Nyuma yo kureba ubuhanga ufite mu irushanwa ryabaye ejo ku kibuga cy’umupira w’amaguru, turakuguze mu ikipe ya FIFA, wenda ubutaha tuzatsinda”.

Reba ibindi muri iyi Video:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka