Perezida Kagame yaganiriye na Perezida wa FIFA ku birimo Hoteli ya FERWAFA

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame uri i Davos mu Busuwisi mu ihuriro mpuzamahanga ngarukamwaka ku Bukungu, yagiranye ibiganiro na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Ni ibiganiro bagiranye kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, aho Perezida Kagame yahuriye na Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, muri iyo nama irimo kubera i Davos.

Perezida Kagame na Gianni Infantino
Perezida Kagame na Gianni Infantino

Nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa FIFA, mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Gianni Infantino, harimo imishinga itandukanye irimo gukorwa ku mugabane wa Afurika, harimo na Hoteli ya FERWAFA irimo kubakwa i Kigali.

Ibi biganiro bibaye nyuma y’aho ku munsi w’ejo, intumwa ya FIFA iri mu Rwanda yitwa Kenny Jean Marie, yari yasuye FERWAFA yakirwa na Perezida wayo, Nizeyimana Olivier, ndetse anareba aho imirimo y’iyi nyubako igeze.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

AYAMAKURU NIMEZA

MBONIMANA yanditse ku itariki ya: 30-05-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka