Nizeyimana Mugabo Olivier yatorewe kuyobora umuryango wa Mukura VS

Mu nama y’inteko rusange ya Mukura VS yabaye kuri iki Cyumweru, Nizeyimana Olivier yatorewe kuyobora umuryango wa Mukura Victory Sports.

Kuri iki cyumweru abanyamuryango b’ikipe ya Mukura VS bateraniye mu nama y’inteko rusange, aho ku murongo w’ibyigwa harimo gushyiraho ubuyobozi bw’umuryango wa Mukura VS.

Nizeyimana Mugabo Olivier waherukaga kwegura ku mwanya wa Perezida w’iyi kipe, yatorewe kuyobora umuryango wa Mukura VS.

Azaba yungirijwe na Sakindi Eugene, nawe wari usanzwe ari Visi-Perezida w’iyi kipe, ndetse hakaba hanatowe inama y’ubutegetsi igizwe n’abantu 15.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka