Nizeyimana Mirafa yerekeje muri Zanaco FC

Umukinnyi wo hagati uheruka gukinira Rayon Sports, Nizeyimana Mirafa yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Zanaco FC yo muri Zambia.

Nizeyimana Mirafa yasinyiye Zanaco FC iyoboye shampiyona muri Zambia
Nizeyimana Mirafa yasinyiye Zanaco FC iyoboye shampiyona muri Zambia

Mu kiganiro Kigali Today yagiranye na Nizeyimana, yemeje amakuru yo gusinya muri Zanaco FC.
Yagize ati "Ni byo koko nasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Zanaco FC. Navuga ko aka kanya ndi umukinnyi wayo".

Abajijwe icyatumye adasinyira Napsa Stars nk’ikipe yavuye mu Rwanda agiyemo, Nizeyimana yasubije agira ati "Navuye mu Rwanda nje muri Napsa Stars ariko ntibyakunze kuko hari ibyo tutumvikanyeho mpitamo kutabasinyira".

Uwo musore yerekeje muri Zambia abisikana n’abandi bakinnyi benshi bakomoka mu Rwanda barimo Bashunga Abouba na myugariro wa Police Usengimana Faustin. Nizeyimana akavuga ko yizeye kubanza mu kibuga hagati muri Zanaco FC.

Zanaco FC iyoboye urutonde rwa shampiyona ya Zambia igeze ku munsi wa 15, aho mu mikino 15 ifitemo amanota 25, muri iyo mikino yatsinzemo irindwi inganya ine itsindwa ine.

Mirafa ukunda kwambara nimero 8 yizeye kubanza mu kibuga muri Zanaco FC
Mirafa ukunda kwambara nimero 8 yizeye kubanza mu kibuga muri Zanaco FC

Nizeyimana Mirafa yakinnye shampiyona ye ya mbere mu mwaka wa 2012 muri Etincelles, yayivuyemo yerekeza muri Police FC aho yamazemo imyaka ibiri, avamo yerekeza muri APR FC ahava ajya muri Rayon Sports yakinnyemo umwaka umwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka