Munezero Fiston wakiniye Rayon Sports yerekeje muri Kiyovu Sports

Myugariro Munezero Fiston wari umaze imyaka akinira ikipe ya Musanze Fc, yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu Sports

Nyuma y’iminsi akora imyitozo muri Kiyovu Sports, Munezero Fiston yamaze gushimwa n’ikipe ya Kiyovu Sports, ndetse ihita inamusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri.

Munezero Fiston yamaze kuba umukinnyi wa Kiyovu Sports
Munezero Fiston yamaze kuba umukinnyi wa Kiyovu Sports

Uyu mukinnyi wamenyekanye cyane mu ikipe ya Rayon Sports ndetse akanikira Amavubi, yanakiniye ikipe ya Police FC, anakinira kandi ikipe ya Musanze yakiniraga mu mwaka w’imikino ushize.

Usibye Munezero Fiston, Kiyovu Sports yasinyishije kandi umunyezamu Bwanakweli Emmanuel wakiniraga Police FC, rutahizamu Faisam Luhachimba wavuye muri Kyetume FC ndetse na Landry MASIRI wavuye muri KABASHA (RDC), uyu we akaba akina hagati.

Bwanakweli Emmanuel nawe yabaye umunyezamu wa Kiyovu Sports
Bwanakweli Emmanuel nawe yabaye umunyezamu wa Kiyovu Sports
Landry MASIRI wakiniraga KABASHA (RDC)
Landry MASIRI wakiniraga KABASHA (RDC)
Faisam Luhachimba wavuye muri Kyetume FC
Faisam Luhachimba wavuye muri Kyetume FC
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka