Mukura yakoze imyitozo itegura El Hilal bemera ko ikomeye (AMAFOTO)

Ikipe ya Mukura yasoje imyitozo bakoreraga kuri Stade Amahoro bitegura El Hilal yo muri Sudani, aho bagiye bazi ko ari ikipe ikomeye cyane

Kuri uyu wa Kane ku mugoroba, ndetse no mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, ikipe ya Mukura yakoze imyitozo ikomeye kuri Stade Amahoro i Remera, aho bazi neza ko bagiye gukina n’ikipe ikomeye.

Lomami Frank na Twizeyimana Onesme bafite akazi ko gushakira ibitego Mukura
Lomami Frank na Twizeyimana Onesme bafite akazi ko gushakira ibitego Mukura

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’imyitozo, umutoza Haringingo Francis yatangaje ko imyitozo yiganje ku yo kugarira, cyane ko bazi ko iyi kipe bazakina ifite ubusatirizi bukomeye.

Ikipe ya Mukura mbere yo gutangira imyitozo kuri Stade Amahoro
Ikipe ya Mukura mbere yo gutangira imyitozo kuri Stade Amahoro

"Imyitozo y’uyu munsi yari iyo kugerageza kwigisha abakinnyi kugarira kuko El Hilal ku mukino uheruka ni ikipe yakinishije ba myugariro batatu, abo hagati batanu, ndetse na ba rutahizamu babiri kandi bafite ubushobozi bwo gukinisha imitwe."

"Abakinnyi bacu barimo abo twaguze bari bamaze igihe kinini badakina, bamaze kugaruka mu bihe byabo byiza ndetse n’abandi ubona ko bazamuye urwego, ibyo byatumye imikino mpuzamahanga ibanza yaratugoye."

Yagize ati"El Hilal ni ikipe ikomeye cyane, ni ikipe itazatworohera gukina na yo, urebye umukino bakinnye na Club Africain bashoboraga kuba iwabo baranayitsinze ibitego bine, ni yo mpamvu utapfa kugenda witeguye kuyitsinda, birasaba kwitegurana ubushishozi."

Bafite amakuru ko iyi kipe yagoye cyane Club Africain, ariko bizeye kurwana ku ishema ry’igihugu

"Ndebye umwuka uri mu ikipe nkareba ishyaka bafite, ndibaza ko tugiye gukora ibishoboka byose tukahakura umusaruro ufatika, ariko ibizavamo byose tuzabyakira ariko ndazabizeza ko tuzakora ibishoboka ryose turwanire ishema ry’igihugu n’irya Mukura."

Ikipe ya Mukura irahaguruka muri iri joro saa Saba na 45, ikazagera i Khartoum mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, nyuma umukino ubanza na El Hilal ukazaba ku Cyumweru saa moya z’ijoro.

Amafoto yaranze imyitozo yo kuri uyu wa Kane kuri Stade Amahoro

Twizerimana Onesme wahoze akinira APR FC
Twizerimana Onesme wahoze akinira APR FC
Iradukunda Bertarand, umwe mu bakinnyi ba Mukura bahagaze neza muri iyi minsi
Iradukunda Bertarand, umwe mu bakinnyi ba Mukura bahagaze neza muri iyi minsi
Umunyezamu wa mbere wa Mukura Rwabugiri Umar
Umunyezamu wa mbere wa Mukura Rwabugiri Umar
Ndizeye Innocent wahoze akinira Amagaju, ubu ni rutahizamu wa Mukura
Ndizeye Innocent wahoze akinira Amagaju, ubu ni rutahizamu wa Mukura
Iragire Saidi myugariro wa Mukura n'Amavubi
Iragire Saidi myugariro wa Mukura n’Amavubi
Intego ngo ni ugusezerera El Hilal
Intego ngo ni ugusezerera El Hilal
Tubane James nawe ni myugariro wa Mukura ariko udakunda kubanzamo
Tubane James nawe ni myugariro wa Mukura ariko udakunda kubanzamo
Uyu mwarabu nawe yakurikiranye imyitozo ya Mukura
Uyu mwarabu nawe yakurikiranye imyitozo ya Mukura
Bakoze imyitozo yiganjemo iy'ingufu
Bakoze imyitozo yiganjemo iy’ingufu
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka