Ni umukino watangiye Saa Cyenda zuzuye amakipe yombi ahita atangira igice cya kabiri, aho nta mpinduka n’imwe yakozwe ku mpande zombi.
Amakipe yose yatangiye umukino agaragaza ubushake bw’igitego, aho ku munota wa 63 na 65 Yves Mugunga yahushije ibitego byari byabazwe.



Nyuma yaho umutoza Adil Mohamed yakoze impinduka akuramo Ishimwe Anicet na Bizimana Yannick, yinjizamo Tuyisenge Jacques na Manishimwe Djabel.
Ikipe ya APR FC yongeye gusimbuza akuramo Ruboneka Jean Bosco na Mugunga Yves hinjiramo Nsanzimfura Keddy na Nshuti Innocent.
Ku munota wa 90 w’umukino habayeho gushyamirana mu kibuga, aho byatumye Djibrine wa Mukura ahabwa ikarita itukura, ni nyuma gato y’aho umusifuzi yari amaze no kongeraho iminota irindwi.




Umukino waje kurangira ikipe ya Mukura VS yegukanye intsinzi y’igitego 1-0, agahigo APR FC yari imaranye imyaka ibiri ko kudatsindwa kavaho.



AMAFOTO: NIYONZIMA Moise
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
umva kuba twatsinzwe simbigarukaho nimvirayabite
Nayo se yatsindwa da.Barayikosoye,ubwo iyo minota bongeyeho kwari ukugirango Muteteri ibone igitego.Bravo Mukura
Habwa impundu Mukura.
Kbsa bravo Mukura
Mwirwanyeho murahatana kuko ntako umusifuzi atagize ngo mutsindwe biranga!!!!!