Mukura itsinze APR FC, ikomeza kwerekana ko ishaka igikombe (AMAFOTO)

Ikipe ya Mukura itsinze APR igitego 1-0 mu mukino wabereye i Nyamirambo, iba ikipe ya mbere itsinze APR muri iyi shampiyona

Ku munota wa 23 w’umukino Rugwiro Hervé wari umaze gukora amakosa menshi, yaje gukorera ikosa kuri Onesme, maze Duhayindavyi Gaël ahita atsindira Mukura Penaliti.

Nyuma y’iminota itatu gusa, umukino waje guhita uhagarara iminota igera ku icumi kubera imvura nyinshi yari iri kugwa ku kibuga.

Mu gice cya kabiri cy’umukino, APR yakoze impinduka yongeramo abakinnyi basatira barimo Sekamana Maxime na Sugira Ernest wari umaze igihe kinini hanze.

Mukura n’ubusatirizi bwayo buyobowe na Iragire Saïdi na Nshimirimana David, ntibwigeze bukora ikosa na rimwe byatumye umukino urangira ari igitego 1-0 cya Mukura.

Abakinnyi babanje mu kibuga

APR Fc: Kimenyi Yves, Ombolenga Fitina, Emmanuel Imanishimwe, Buregeya Prince, Rugwiro Hervé, Mugiraneza Jean Baptiste, Ntwari Evode,Nizeyimana Mirafa, Byiringiro Lague, Bigirimana Issa, Nshuti Dominique Savio.

APR yabanje mu kibuga
APR yabanje mu kibuga

Mukura VS: Wilondja Ismail, Rugirayabo Hassan, Mutijima Janvier, Iragire Saïdi, Nshimirimana David, Munyakazi Yussuf, Duhayindavyi Gaël, Iddy Saïdi Djuma, Ciiza Hussein, Iradukunda Bertrand, Twizerimana Onesme.

Mukura yabanje mu kibuga
Mukura yabanje mu kibuga

Andi mafoto kuri uyu mukino

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka