Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo gutwarana n’ikipe ya AS Kigali igikombe cy’Amahoro 2022, yavuze ko agifite imbaraga ndetse na byinshi byo kwigisha barumuna be.
Yagize ati "Ntabwo mbizi! Icyo nzi cyo ni uko ngifite imbaraga zo gukina, mbivuzeho nakomeretsa benshi. Njyewe mbyutse na mu gitondo nkumva nshaka kureka umupira nawureka kuko nta ntambara irimo, ariko kugeza ubu ndacyafite imbaraga, ndacyafite na byinshi byo kwigisha barumuna banjye."
Ikipe ya Etincelles FC niyo kipe ya mbere Haruna Niyonzima yakiniye mu Rwanda, aho yayigiyemo mu mwaka wa 2005 akaba kandi yarakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo Rayon Sports, APR FC na AS Kigali akinira kugeza ubu, yakinnye kandi mu gihugu cya Tanzania mu ikipe ya Yanga SC na Simba SC.
- Haruna yatangiye gukina shampiyona y’u Rwanda mu 2005
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Nibamureke yikinire ubundi se abatwaye iki? abatoza nibabona batamushaka ntibazamugura cg ngo bamuhamagare mu ikipe y’igihugu cyangwa se ngo bamwongerere amasezerano
kandi yabyivugiye niyumva atagifite imbaraga cg ubushake azahagarika ruhago
@ Kanyemera,ibyo uvuga ni ukuli.Ntabwo byoroshye gutunga abagore 2.Nubwo amadini amwe abeshya ko imana iyemerera gutunga abagore benshi.Mu gihe bible isaba abakristu nyakuli gutunga umugore umwe kandi ntamuce inyuma.Kugira abagore benshi bitera ibibazo byinshi.
ntiyazigamye niyo mpamvu atinya gutanga umwanya acunga batsinze akabigira impamvu yo kutagenda