Kiyovu Sports yasinyishije umunye-Congo PINOKI VUVU Patsheli

Ikipe ya Kiyovu Sports ni imwe mu makipe yo mu Rwanda akomeje kwiyubaka, aho ubu yamaze gusinyisha rutahizamu Pinoki Vuvu Patshelli ukomoka muri Congo.

Mu gihe hasigaye igihe kitagera ku kwezi ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru isubukurwe, amakipe arimo Kiyovu Sports ni amwe mu makipe ari kuvugwa cyane ku isoko haba ku bakinnyi bo mu Rwanda ndetse n’abanyamahanga.

Kiyovu Sports yatangiye imyitozo, ikomeje kongeramo amaraso mashya
Kiyovu Sports yatangiye imyitozo, ikomeje kongeramo amaraso mashya

Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Kiyovu Sports yazindutse itangaza ko umunye-Congo PINOKI VUVU Patsheli yayisinyiye imyaka itatu, akaba yari asanzwe ari umukinnyi w’ikipe ya AS Maniema Union yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Kiyovu Sports yahaye ikaze Pinoki Vuvu Patsheli
Kiyovu Sports yahaye ikaze Pinoki Vuvu Patsheli

Usibye uyu mukinnyi, Kiyovu Sports iheruka gutangaza abandi bakinnyi bayisinyiye barimo myugariro Ndayishimiye Thierry wasinye amasezerano y’imyaka 2 avuye mu ikipe ya Marine FC, isinyisha kandi na Niyonkuru Ramadhan wasinye imyaka ibiri avuye muri Mukura VS.

Mu bandi bakinnyi ikipe ya Kiyovu Sports yasinyishije ndetse banatangiye imyitozo, harimo Benedata Janvier ndetse na Nkinzingabo Fiston basinye amasezerano y’imyaka ibiri bavuye mu ikipe ya AS Kigali.

Nkinzingabo Fiston ubu ni umukinnyi wa Kiyovu Sports
Nkinzingabo Fiston ubu ni umukinnyi wa Kiyovu Sports

Kiyovu Sports kandi nyuma yo gutandukana n’umutoza Etienne Ndayiragije, yasinyishije umutoza Haringingo Francis ukomoka i Burundi, akungirizwa na Rwaka Claude, ikaba iherutse no gusinyisha Niyonkuru Vladimir nk’umutoza w’abanyezamu.

Umutoza wa Kiyovu Sports Haringingo Francis
Umutoza wa Kiyovu Sports Haringingo Francis
Umutoza w'abanyezamu Niyonkuru Vladmir
Umutoza w’abanyezamu Niyonkuru Vladmir
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mwiriwe none nabanya gimea bite?ikipe ya mannyema ihagaze ite murikongo.dushyimiye habayobozi ba kiyovu.yari ni gadi gicumbi kaniga

Niwagaba yanditse ku itariki ya: 21-09-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka