Jimmy Mulisa: Nta munyamahanga wakabaye akina mu Rwanda adakinira ikipe y’igihugu avukamo

Hamaze iminsi mu itangazamakuru mu Rwanda hari impaka ku kongera umubare w’abanyamahanga bakina mu Rwanda ukava kuri batatu babanza mu kibuga bakaba batanu cyangwa batandatu kugira ngo urwego rwa shampiyona ruzamuke.

Jimmy Mulisa
Jimmy Mulisa

Jimmy Mulisa wahoze akinira ikipe y’igihugu Amavubi, wakiniye akanatoza APR FC, na we yagize icyo avuga ku byo kongera umubare w’abanyamahanga muri shampiyona.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today tariki ya 5 Mata 2020 yavuze ko nta munyamahanga wakabaye akina mu Rwanda adakinira ikipe y’igihugu avukamo.

Yagize ati "Ndibuka nza muri APR FC byari bigoranye kubonamo umwanya bitewe n’abanyamahanga bakomeye barimo, kuri njye navuga ko kugira ngo abakinnyi ba hano mu Rwanda babone abo bigiraho twakwemereye abanyamahanga gukina ariko umukinnyi uje akaba akinira Ikipe y’igihugu avukamo."

Yifashishije urugero rw’aho yakinnye, yagize ati "Ndibuka njya gukina mu Bubiligi umunyamahanga uvuye muri Afurika bamwishyurira amafaranga menshi, ikipe ntiyakwemera kugufata izi neza ko uzayihenda kandi nta musaruro bakubonamo, ahubwo amakipe ahitamo gufata abenegihugu babiri."

Yakomeje avuga ko iyo igihugu gifite abakinnyi b’Abanyamahanga bakomeye abenegihugu babona aho kwigira, shampiyona igakomera, iyo shampiyona ikomeye n’ikipe y’igihugu irakomera abafana bakabona ibyishimo.

Urugendo rwa Jimmy Mulisa muri ruhago:

2002-2005: APR FC

2005: RAEC Mons (mu Bubiligi) : Mu mikino 12 yatsinzemo ibitego bitanu

2006: KRC Mechelen (mu Bubiligi) mu mikino 13 yayikiniye yatsinze igitego kimwe

2006-2007: RFC Tournai (mu Bubiligi) yakinnye imikino 25 atsinda ibitego 12

2007-2008: KFC Hamme (mu Bubiligi) mu mikino 15 yatsinze ibitego birindwi

2008-2010: SV Roeselare (mu Bubiligi) yakinnyemo imikino 13 atsinda igitego kimwe

2008-2009: KSK Beveren yo mu Bubiligi (ku ntizanyo) mu mikino 12 yatsinzemo igitego bitanu

2010: SV Roesalere (mu Bubiligi) yakinnye imikino 13 atsinda ibitego

2010: Ceahlaul Piatra Neamt (muri Romania) mu mikino 15 yatsinze ibitego bibiri

2010: Shakhter Karagandy (Kazakisthan) yakinnye imikino 13 nta gitego yahatsinze

2011: FC Vostok (muri Kazakhstan) mu mikino icyenda yatsinze igitego kimwe

2012-2013: AFC Tubize (mu Bubiligi) muri iyi kipe yo mu Bubiligi yahakinnye imikino 19 atsinda igitego kimwe

2013-2014: K. Berchem Sport (mu Bubiligi) mu mikino 18 yatsinze ibitego bibiri

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

Football nyarwanda ntikeneye abanyamahanga benshi, ahubwo njye mbona ikineye abatoza beza baza kwigisha abana babanyarwanda,ndetse naba ba Mulisa bakabona aho bigira coaching.Wowe wigeze ubona mumwitozo ya national team aho coach wungirije yicaye hejuru ya ballon mugihe abandi batoza barimo gukora cyangwa bakora observation yabakonnyi ? Ahubwo ferwafa izadufashe ishake DTN ufite ubunararibonye aze afashe iterambere muri coaching ! Abanyamahanga beza bifuza kujya aho bahembwa menshi kandi football yateye imbere.
Murakoze kandi mukomere muribi bihe bya Covid-19

Iterambere JJP yanditse ku itariki ya: 26-04-2020  →  Musubize

Ibyo azabivuge igihe championat yacu izaba yazamuye urwego.Umukinnyi ukina muri national team y’iwabo ntiyaza mu Rwanda;yajya aho azamura imininire he n’umushahara.
Reka mbaze uwo mutoza.Hari rutahizamu w’umunyarwanda tugira urusha Sarpong?Uretse se no gukinira Black Stars,ahubwo baranamuzi? Samson Babua wa Sunrise se iwabo yakina muri national team?Ariko bombi bafite icyo batumariye.Mbwira umunyekongo ukina muri Les Leopards waza mu Rwanda,uwo muri Uganda ninde,muri Mali,Cameroon...yewe no mu Burundi 11 babanzamo mu Ntamba ni Gael Duhayindavyi gusa ukina mu Rwanda.
Conclusion rero:Umupira w’uRwanda uracyakeneye abanyamahanga kuko baraturusha,igihe cyose tutaratangirira umupira mu bana:interscolaires,accademies,centres de formation,junior,etc...

J.Lambert yanditse ku itariki ya: 19-04-2020  →  Musubize

Sha abarwayi bo mu mitwe baragwira wowe umenya uhagarariye abandi pe, ni igitekerezo ke ntukwiye kumwitiranya nibiburabwenge nkawe!

Clauzo yanditse ku itariki ya: 22-04-2020  →  Musubize

Sha abarwayi bo mu mitwe baragwira wowe umenya uhagarariye abandi pe, ni igitekerezo ke ntukwiye kumwitiranya nibiburabwenge nkawe!

Clauzo yanditse ku itariki ya: 22-04-2020  →  Musubize

Hhhhhh uwo ni umurwayi wo mumutwe. Azarebe iburayi ubu abakinnyi bose bakina muri premier league bakinira amakipe yabo yibihugu? Imyumvire ye iri hasi. Reba nka salupongo,babua si abataka bakomeye barusha abanyarwanda, ubu se barahamagarwa? Amakipe yabo aba afite benshi kd beza. Ngaho nabwire gikona igure christiano kuko we akinira ikipe yigihugu. Byonyine nubushobozi bwa gikona ntibwabasha kugura kagere na Jaques icyarimwe. Rero naceceke

KWIHANGANA Jean D’amour yanditse ku itariki ya: 19-04-2020  →  Musubize

Salpong barahari bamurusha urugero ni Danny ubu amurusha ibitego.ndetse nabandi benshi baba nyarwanda bamurusha ibitego ahubwo usanga aribo bamwigisha.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 20-04-2020  →  Musubize

Ibyuvuga Nukuri

Mugabo yanditse ku itariki ya: 18-04-2020  →  Musubize

Nanjye ndumva uyu mutoza avuga ukuri kuko kuzana umunyamahanga abanyarwanda batakwigiraho nta mumaro.Gusa Jimy Ni intwari muri ruhago nyarda

Ana/ Mibirizi yanditse ku itariki ya: 18-04-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka