Uwo mukino wa Gatatu mu itsinda C urahuza Amavubi na Togo kuri sitade yitwa Limbe Omnisports muri Cameroun.
Amavubi arasabwa ikintu kimwe gusa
Ni umukino witezweho byinshi, by’umwihariko ku bakunzi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, batagereje intsinzi ya mbere ndetse n’igitego cya mbere muri iki gikombe cya CHAN 2020 kiri kubera muri Cameroun.
Gusa kugeza ubu, gukomeza kw’Amavubi nta mibare myinshi irimo, kuko Amavubi ubu ari ku mwanya wa gatatu mu itsinda n’amanota abiri gusa. Barasabwa gutsinda gusa uyu mukino kuko baramutse banganyije cyangwa bagatsindwa bahita basezererwa.
Ni ikipe itaratsinda igitego
Muri uyu mukino Amavubi ataratsinda igitego na kimwe, arasabwa gukuraho ako gahigo katari keza kuko ibindi bihugu byose bari kumwe mu itsinda byabashije kunyeganyeza inshundura.
Ni ubwa kabiri bagiye gukina
Amavubi n’ikipe y’igihugu ya Togo nta mateka bafitanye kuko nta marushanwa bakunze guhuriramo, gusa mu mwaka wa 2008 aya makipe yombi yigeze gukina umukino wa gicuti, Togo itsinda u Rwanda igitego 1-0.
Umutoza ashobora guhindura ikipe n’imikinire
Nyuma y’imikino ibanza u Rwanda rwagaragaye nk’igihugu cyakinaga kirinda kuba cyakwinjizwa igitego, bikaba byitezwe ko kuri uyu mukino umutoza ahindura imikinire, akaba yakongeramo abakinnyi bakina basatira izamu.
Ku ruhandi ruhande, ku masaha amwe, ikipe ya Uganda na yo iraba ikina na Maroc, aho na ho ikipe yabasha gutsinda uwo mukino iba ifite amahirwe yo guhita ibona itike yo kwerekeza muri ¼.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent, mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze ko uyu mukino nta bisobanuro byinshi ufite usibye kuwutsinda.
Yagize ati "Tuwiteguye nk’aho ari umukino wa nyuma, ni umukino nta yandi mahitamo dufite usibye kuwutsinda kugira ngo twizere gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho".
Ati "Iyo uzi ko ukina umukino wa nyuma nta wundi uzakurikiraho biragusaba imbaraga, birasaba ko umukino tuwinjiramo hakiri kare, ko dushaka uburyo bwose butuma tugera imbere y’izamu, abakinnyi ubushize berekanye ko babishoboye".
Ku ruhande rwa kapiteni w’Amavubi, Tuyisenge Jacques, yatangaje ko batagiye gutembera ahubwo biteguye guhatana kugera ku mukino wa nyuma, bakaba bizeye ko bagomba gusatira Togo kandi bakayitsinda.
Biteganyijwe ko uwo mukino uba ku wa Kabiri saa tatu z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda.
Inkuru zijyanye na: CHAN2020
- Bamwe mu bakinnyi bigaragaje muri CHAN batangiye kubona amakipe hanze
- #CHAN2020: Hagati ya Morocco na Mali haravamo itwara igikombe
- Twabyemeye, ntitwajya kurega VAR-Mashami avuga ku ikarita y’umutuku no gusezererwa
- #CHAN2020: Amavubi asezerewe na Guinea mu mukino wabonetsemo amakarita abiri y’umutuku (AMAFOTO)
- Abashobora kubanzamo n’ibyo wamenya mbere y’umukino w’u Rwanda na Guinea
- #CHAN2020: Mali na Cameroon zageze muri 1/2
- Ni igihugu cy’umupira gifite amakipe ahora muri Champions League ariko tugiye kubitegura-Mashami avuga kuri Guinea
- #CHAN2020: Amavubi yamenye ikipe bazahura muri 1/4
- #CHAN2020: Sugira Ernest yijeje Abanyarwanda kugera ku mukino wa nyuma
- Abayobozi n’abandi batandukanye bashimye Amavubi yahesheje u Rwanda ishema
- #CHAN2020: Amavubi abonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO
- Ku mukino wa Uganda twikanze baringa, twari gutsinda - Umutoza Sogonya Kishi
- Iradukunda Bertrand wavunikiye mu myitozo ntagikinnye umukino wa Togo (AMAFOTO)
- #CHAN2020: Congo zombi zakatishije itike ya 1/4
- #CHAN2020: Amakipe ya Cameroon na Mali abaye aya mbere akatishije itike ya 1/4
- Amavubi anganyije na Maroc, amahirwe ategerejwe kuri Togo
- Ibyo wamenya mbere y’umukino uhuza Amavubi na Maroc, biteguye gusiba amateka ya 2016
- Ibitego byaje - Sugira nyuma yo kugaruka mu bazakina na Maroc
- Mashami yanyuzwe n’umukino wa mbere, avuga ko hari icyizere mu mikino isigaye
- Amavubi aguye miswi na Uganda, Omborenga atorwa nk’umukinnyi mwiza w’umukino
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
dufashe amavubi aratsinda 3 ze 0 turabakunda hano iribavu
0787998011 turatsinda ntuye kayonza gahuni
Amavubi aratsinda bibiri kurikime2 :1