Nyuma y’aho amakipe akinira i Rubavu atangaje ko atiteguye kwakirira imikino yayo ku kindi kibuga kitari Stade Umuganda, byaje gutuma imikino yari kuhabera mu mpera z’iki cyumweru isubikwa.
Ferwafa yatangaje ko impamvu iyi mikino yasubitswe ari ingaruka z’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, ni mu gihe kuri uyu wa Gatanu Marines yagombaga kuhakirira Mukura VS, naho ku wa Gatandatu Etincelles ikakira APR FC.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|