Ikipe ya Sunrise itsinzwe na Gorilla FC ku munota wa nyuma ihita isubira mu cyiciro cya kabiri

Mu mikino y’umunsi wa nyuma wa shampiyona ku makipe arwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, ikipe ya Sunrise yisanze mu cyiciro cya kabiri nyuma yo gutsindwa na Gorilla FC.

Gorilla FC yishimiye kudasubira mu cyiciro cya kabiri
Gorilla FC yishimiye kudasubira mu cyiciro cya kabiri

Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Kamena 2021 nibwo hakinwaga imikino y’umunsi wa nyuma wa shampiyona, aho amakipe agera kuri ane yari agifite ibyago byo kuba yaherekeza Muhanga mu cyiciro cya kabiri.

Umukino wari urimo imibare myinshi, ni umukino wahuje ikipe ya Gorilla FC yari yakiriye Sunrise aho buri kipe yari gutsindwa yashoboraga guhita isubira mu cyiciro cya kabiri.

Ikipe ya Sunrise yaje gufungura amazamu mbere y’uko igice cya mbere kirangira, kirangira kikiri icyo gitego 1-0.

Mu gice cya kabiri cy’umukino, Nizeyimana Jean Claude uzwi ku izina rya Rutsiro yatsinze igitego cyo kwishyura ku ruhande rwa Gorilla.

Gorilla FC irokotse ku munsi wa nyuma wa shampiyona
Gorilla FC irokotse ku munsi wa nyuma wa shampiyona

Ku munota wa 88 w’umukino, ikipe ya Gorilla yaje kubona penaliti, iza guterwa neza na rutahizamu witwa Rodrigue, bongeraho iminota itanu, birangira Gorilla itsinze ibitego 2-1.

Nyuma yo gutsindwa, Sunrise yahise isubira mu cyiciro cya kabiri, ikaba ikurikiye Muhanga yasoje shampiyona ku mwanya wa nyuma itanatsinze umukino n’umwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka