Ikipe ya Pépinière yabuze ku kibuga, AS Kigali iritahira

Umukino wagombaga guhuza Pépinière na AS Kigali ntiwabaye nyuma y’aho iyi kipe ya Pépinière yanagombaga kwakira uyu mukino ibuze ku kibuga

Abayobozi, abatoza n'abakinnyi ba As Kigali bibaza niba iyi kipe iri bugere ku kibuga
Abayobozi, abatoza n’abakinnyi ba As Kigali bibaza niba iyi kipe iri bugere ku kibuga

Wari umukino w’umunsi wa 10 wa Shampiona wagombaga guhuza aya makipe yombi kuri stade ya Kicukiro, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 24 Ukuboza 2016.

Uyu mukino ntiwabaye nyuma y’aho abasifuzi n’abagize ikipe ya AS Kigali bategerezaga iyi kipe bakayibura, bikarangira ikipe ya AS Kigali yitahiye.

Mbere y’uyu mukino byari byavuzwe ko iyi kipe isanzwe ikinira ku Ruyenzi itazitabira uyu mukino, bitewe n’uko itishimiye ihagarikwa ry’ikibuga cyayo ryakozwe, Shampiona yaratangiye.

Abakinnyi ba AS Kigali bari biyicariye muri Stade
Abakinnyi ba AS Kigali bari biyicariye muri Stade

Umukino wa mbere Pépinière yagombaga kwakirira ku Ruyenzi ukimurwa, ni umukino yagombaga gukina na APR FC. Byarangira ku munota wa nyuma wimuriwe kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Amakuru atugeraho akavuga ko iyi kipe itabyishimiye ndetse ikanemeza ko itazongera kwemera kujya gukinira i Kigali kandi ifite ikibuga cyari cyarasuwe na FERWAFA ikemera ko kizakinirwaho.

Ubu hakaba hategerejwe icyemezo FERWAFA izafata, niba iyi kipe ishobora kuba yaterwa mpaga ndetse ikanahanwa.

Abasifuzi bahise bisubirira mu rwambariro
Abasifuzi bahise bisubirira mu rwambariro
Ikibuga cyabuze abagikiniraho
Ikibuga cyabuze abagikiniraho
Intebe yari kwicaraho umusifuzi wa kane
Intebe yari kwicaraho umusifuzi wa kane
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Uwo uvugango bayihane iziriki imiyoborere yakajagari niko bigomba kugenda Merci

alias yanditse ku itariki ya: 25-12-2016  →  Musubize

amakosayosenayashyirakuriferwafaniyoyicaibintu

ntezimana etienne yanditse ku itariki ya: 25-12-2016  →  Musubize

ibi sibyo KBS ferwafa izahane iyi kipe kbs

Habimana yanditse ku itariki ya: 25-12-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka