Igihe cyo kugura no gusinyisha abakinnyi mu Rwanda cyongerewe

Hagendewe ku ngengabihe nshya ya FIFA igaragaza amatarikyi no kugura ndetse no kwandikisha abakinnyi, mu Rwanda bizasozwa mu Gushyingo.

Mu ngengabihe iheruka gutangazwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Ferwafa yari yatangaje ko kwandikisha abakinnyi bizatangira tariki 16/08/2020, kugeza ejo tariki 24/10/2020.

Kugeza ubu FERWAFA yatangaje amatariki mashya yashyizweho na FIFA yo kwandikisha abakinnyi mu cyiciro cya mbere, aho bigomba kuva tariki 16/08/2020, kugera tariki 07/11/2020, bivuga ko hakiri ibyumweru bibiri birenga byo kuba amakipe yagura abakinnyi akanabandikisha muri Ferwafa.

Biteganyijwe kandi ko isoko ryo kugura no kwandikisha abakinnyi rizongera gufungurwa tariki 15/03/2021, kugera tariki 29/03/2021, mu gihe mu cyiciro cya kabiri ho kwandikisha abakinni bizatangira tariki 27/11/2020 kugera tariki 30/01/2021.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka