Ibyo wamenya kuri shampiyona y’u Rwanda izakinwa mu buryo budasanzwe kuva tariki 01/05

Tariki 01 Gicurasi 2021 ni bwo hatangira shampiyona bundi bushya, aho amakipe 16 akina icyiciro cya mbere yamaze kugabanywa mu matsinda ane y’amakipe ane buri tsinda.

Tariki 06 Mata 2021, ni bwo amakipe yose y’icyiciro cya mbere yagiranye inama n’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “Ferwafa”, baganira ku migendekere ya shampiyona y’uyu mwaka.

Rayon Sports na Rutsiro zari zahuye mu mukino wa mbere muri iyi shampiyona, zongeye gushyirwa mu itsinda rimwe
Rayon Sports na Rutsiro zari zahuye mu mukino wa mbere muri iyi shampiyona, zongeye gushyirwa mu itsinda rimwe

Ni shampiyona yari yahagaritswe mu Kuboza 2020 igeze ku munsi wa gatatu, nyuma yo kwiyongera k’ubwandu bw’icyorezo cya Coronavirus, ikaba yarongewe gukomorerwa mu minsi ishize na Ministeri ya Siporo.

Haje kwemezwa nk’uko byari byitezwe, ko amakipe akinira mu matsinda ane aho buri kipe izajya ihura n’indi umukino ubanza n’uwo kwishyura, nyuma amakipe abiri ya mbere muri buri tsinda agahatanira igikombe, naho andi umunani nayo agashyirwa hamwe ahatanira kutamanuka.

Amakipe umunani ya mbere mu matsinda azakina aga shampiyona gato aho buri kipe izahura n’indi umukino umwe, bivuze ko buri kipe izakina imikino irindwi, iya mbere ikazegukana igikombe ndetse igahagararira u Rwanda muri CAF Champions League, naho iya kabiri ikajya muri CAF Confederation Cup.

Amakipe umunani yaje mu myanya ya nyuma mu itsinda, azahura nayo buri kipe ihura n’indi umukino umwe, ebyiri za nyuma zikazahita zimanurwa mu cyiciro cya kabiri.

Kugeza ubu amakipe 15 usibye Etincelles yamaze kwemererwa gutangira imyitozo, akazatangira guhatana kuva tariki 01/05, shampiyona ikazasozwa tariki 29/06/2021, aho buri kipe byibura izaba ikinnye imikino 13.

Uko amatsinda ateye

Itsinda A: APR FC, Bugesera, Muhanga, Gorilla

Itsinda B: Rayon Sports, Kiyovu, Gasogi, Rutsiro

Itsinda C: Police, AS Kigali, Musanze, Etincelles

Itsinda D: Mukura, Sunrise, Marines, Espoir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

rayon yacu turayikunda

brown yanditse ku itariki ya: 31-05-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka