Hatangajwe igihe umukino wa Rayon Sports n’Intare FC uzabera

Umukino wo kwishyura wa 1/8 mu gikombe cy’Amahoro hagati ya Rayon Sports n’Intare FC washyizwe tariki 19 Mata 2023.

Nyuma yo gusubika uyu mukino inshuro ebyiri wo kwishyura wagombaga guhuza ikipe ya Rayon Sports n’Intare FC hakaza no kwitabazwa komisiyo y’ubujurire ya FERWAFA, uyu mukino wamaze guhabwa amatariki mashya.

Rayon Sports n'Intare FC bazakina umukino wo kwishyura tariki 19/04/2023
Rayon Sports n’Intare FC bazakina umukino wo kwishyura tariki 19/04/2023

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gutangaza ko uyu mukino ugaomba kuba tariki 19 Mata 2023, uyu mukino ukazakirwa n’ikipe ya Rayon Sports kuri Stade ya Bugesera ku i Saa Cyenda z’amanywa.

Kugeza ubu ikipe y’Intare FC yaherukaga gutangaza ko itazigera ikina umukino wo kwishyura na Rayon Sports ahubwo iri kwitegura umukino wa ¼ na Police FC, ntiratangaza niba ubu yamaze kwemera kuzakina uyu mukino wahawe andi matariki.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

TURAJEDUKUBITEAYEKIGAI

IMANANIRENGANYA yanditse ku itariki ya: 17-04-2023  →  Musubize

AMAKURU RUV UYANGA

IMANANIRENGANYA yanditse ku itariki ya: 17-04-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka