Haruna Niyonzima yakiriwe muri Al-Taawon Ajdabiyah SC muri Libya

Kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Haruna Niyonzima, yakiriwe mu ikipe ye nshya ya Al-Taawon Ajdabiyah SC, yamuguze muri Mutarama 2023 avuye muri AS Kigali.

Haruna Niyonzima na bamwe mu bari baje ku mwakira
Haruna Niyonzima na bamwe mu bari baje ku mwakira

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa Kane, yasangije abamukurikira amafoto ari guhabwa ikaze muri iyi kipe nshya agiye gukinira, yagize ati ni “Urugendo rushya”.

Tariki 31 Ukuboza 2022 nibwo ikipe ya AS Kigali yatangaje ko ishimira uwari kapiteni wayo, Haruna Niyonzima, imwifuriza amahirwe masa aho yerekeje muri Al-Taawon Ajdabiyah SC muri Libya.

Al-Taawon Ajdabiyah SC ni ikipe yashyinzwe mu 1960
Al-Taawon Ajdabiyah SC ni ikipe yashyinzwe mu 1960

Ikipe ya Al-Taawon Ajdabiyah SC kugeza ubu muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Libya 2022-2023, ikinwa mu matsinda abiri, mu itsinda rya mbere irimo rigizwe n’amakipe 10 iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 12, aho ikipe ya mbere ya Al Ahly Benghazi iyirusha amanota ane kuko ifite 16.

Haruna Niyonzima yitezweho gufasha iyi kipe hagati mu kibuga, ahereye mu mikino yo kwishyura ya shampiyna y’icyiciro cya mbere muri Libya, kuko imikino ibanza yarangiye tariki 25 Ukuboza 2022, aho umukino w’umunsi wa cyenda ikipe ye nshya yanganyije na Al Tahaddy 0-0.

Haruna Niyonzima ari hamwe n'umwe mu bayobozi ba Al-Taawon Ajdabiyah SC
Haruna Niyonzima ari hamwe n’umwe mu bayobozi ba Al-Taawon Ajdabiyah SC
Yishimiwe cyane
Yishimiwe cyane
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nabashimira kumakuru muduha , mwazatubwira amafaranga harunah arimoguhembwa muri Libya ?mukanya dukorera ibyegeranyo byimishiharaye na signing muma equipe yanyuzemo
Mukanadukorera urutonde rwabakenyi baba ibyamamare murwanda nomukarere
Harunah fundi , baba muzazi arimubimbere akaba awambere murwanda nikombibina
Thanks

Lucky habimana yanditse ku itariki ya: 9-02-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka