Haringingo Francis wasinyiye Kiyovu Sports yavuze ko agiye kugarurira ibyishimo abayovu

Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze gusinyisha umutoza Haringingo Francis uheruka guhagarikwa na Police FC, ahabwa intego yo kwegukana igikombe

Haringingo Francis uheruka gusezererwa n’ikipe ya Police FC, yamaze kugirwa umutoza mushya w’ikipe ya Kiyovu Sports, ni nyuma y’uko iyi kipe nayo itabashije kugumana n’umutoza Etienne Ndayiragije wayitoje mu gihe cy’amezi abiri.

Haringingo Francis na Perezida wa Kiyovu Sports nyuma yo gusinya amasezerano
Haringingo Francis na Perezida wa Kiyovu Sports nyuma yo gusinya amasezerano

Nyuma yo gusinya amasezerano, uyu mutoza yavuze ko agomba kugarurira ibyishimo abakunzi ba Kiyovu Sports badaheruka igikombe, avuga ko ari umwe mu mishinga yumvikanye n’ubuyobozi bw’iyi kipe

Yagize ati “Ni ikipe ifite gahunda ndende, ifite umushinga mwiza cyane, mu yaka iza ndumva tuzakora umushinga mwiza, nasinye amasezerano bijyanye n’imishinga bafite, tuzanye ubunararibonye, intego ituzanye ni iyo gusubiza Kiyovu mu myanya myiza yo gutwara ibikombe, ni ikipe y’abafana dushaka gusubiza ibyishimo”

Haringingo Francis yavuze ko ashaka gusubiza ibyishimo abafana ba Kiyovu Sports
Haringingo Francis yavuze ko ashaka gusubiza ibyishimo abafana ba Kiyovu Sports

Perezida wa Kiyovu Sports Mvukiyehe Juvenal yongeye gushimangira ko intego ya mbere bafite ari gikombe nk’uko yari yabitangaje yiyamamariza kuyobora iyi kipe, akaba yavuze ko n’umutoza mushya bazanye ari yo ntego bamuhaye ndetse kandi babimwitezeho.

Mvukiyehe kandi nyuma yo kwisegura ku bafana ba Kiyovu Sports kubera batitwaye neza muri shampiyona ishize,

“Turaza gukora ikintu gikomeye kitigeze gikorwa, muraza kukibona mu minsi iri imbere ariko turacecetse kandi kuba ducecetse si uko tudashaka kugura abakinnyi, turaza kugura abakinnyi bakora ikinyuranyo”

Perezida wa Kiyovu Sports Mvukiyehe Juvenal yijeje abafana kubakorera ikintu kidasanzwe mu minsi iri imbere
Perezida wa Kiyovu Sports Mvukiyehe Juvenal yijeje abafana kubakorera ikintu kidasanzwe mu minsi iri imbere
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka