Hakizimana Muhadjili yamaze gusinya muri Rayon Sports

Rutahizamu Hakizimana Muhadjili wari umaze iminsi avugwa mu ikipe ya Rayon Sports, ubu yamaze kuyisinyira amasezerano y’umwaka umwe

Hari hashize iminsi bivugwa ko Hakizimana Muhadjili ari mu biganiro n’ikipe ya Rayon Sports, ubu ntibikiri ibihuha uyu rutahizamu uheruka gutandukana n’ikipe ya Emirates Fc yo muri Leta Zunze Ubumwe z’abarabu yamaze kuba umukinnyi wa Rayon Sports

Hakizimana Muhadjili ni umwe mu bakinnyi bakunze kuzonga Rayon Sports agikina muri APR FC
Hakizimana Muhadjili ni umwe mu bakinnyi bakunze kuzonga Rayon Sports agikina muri APR FC

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo uyu mukinnyi yongeye kugirana ibiganiro bya nyuma n’abayobozi ba Rayon Sports, biaza kurangira yemeye gusinyira Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe, nk’uko amakuru twizeye abihamya.

Kugeza ubu impande zombi yaba Rayon Sports cyangwa umukinnyi Hakizimana Muhadjili ntibigeze bifuza gutangaza aya makuru, gusa umukinnyi we akavuga ko cyigero cya 90% yamaze gusinyira ikipe ya Rayon Sports.

Hakizimana Muhadjili asinyiye Rayon Sports nyuma y’abandi bakinnyi barimo umunya-Togo Alex Harlley, wari usanzwe akina muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Issa Bigirimana wakiniraga Police Fc, Manasseh Mutatu na n’umunyezamu Kwizera Olivier bahoze bakinira Gasogi United, ndetse n’umutoza Guy Bukasa nawe watozaga Gasogi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

NUBWO REYO YIYUBATSE NIBISANZWE !APER IZABAKUBITA

HAFASHIMANA JOAN yanditse ku itariki ya: 27-07-2020  →  Musubize

Muhadjili turamwemera, nubundi twaramurotaga muri Rayon, naze adukinire tumuhe ibyishimo cyaneko iyo aba Rayon twishimye ntitwihishira.

Rukundo Gad yanditse ku itariki ya: 23-07-2020  →  Musubize

ngo nikipe y’imana ???? Ntabwo Imana ibana n’abantubatumvikana bahora mw’ishyamba ry’ubuyobozi bwikipe ahubwo yite ikipe y’umwiryane gusa nibatamuhemba ntimuzamubona mu myitozo muzabaze Kiyovu, Mukura yabakwepaga atarabona i cash noneho Rayon yo azajya yirwaza mu nda kugira mu muhendahende, so good lucky

Steven yanditse ku itariki ya: 21-07-2020  →  Musubize

nibyiza nibyigikundiro kuba muhajiri yasinyiye ikipeyimana tumuhaye ikaze mwikipeyimana azayigiriremo ibihe byiza abakunzi bareyo tumuhaye ikaze muribyose.

HAKORIMANA yanditse ku itariki ya: 21-07-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka