Hagiye gushyirwaho itsinda ryihariye rizajya ritegura shampiyona y’u Rwanda

Mu nama y’intek rusange ya FERWAFA yateranye kuri uyu wa Gatandatu, hanzuwe ko hagiye gushyirwaho Itsinda ryihariye “Ligue” rizajya ritegura rikanagenzura shampiyona y’u Rwanda

Nyuma y’ubusabe bw’abanyamuryango ndetse bikanemezwa n’inama y’Inteko rusange yateraniye i Musanze mu mwaka wa 2019, ubu hagiye gushyirwaho itsinda ryihariye rigomba kujya ritegura shampiyona y’u Rwanda.

Ibi byongeye kwemezwa mu nama y’inteko rusange ya FERWAFA yateraniye i Kigali kuri uyu wa Gatadatu tariki ya 23/07/2022, aho FERWAFA yasobanuye aho umushinga wo gushyiraho iryo tsinda ugeze.

Abanyamuryango ba FERWAFA bemeje ko hajyaho itsinda ryihariye ritegura shampiyona y'u Rwanda
Abanyamuryango ba FERWAFA bemeje ko hajyaho itsinda ryihariye ritegura shampiyona y’u Rwanda

Muri iyi nama hemejwe akanama kagomba kunoza iby’ingenzi kugira ngo iri tsinda ritangire, ahashyizwemo bamwe mu bagize komite Nyobozi ya FERWAFA, abahagarariye amakipe y’icyiciro cya mbere ndetse n’icya kabiri.

Mu bagize komite Nyobozi ya FERWAFA harimo Komiseri ushinzwe amategeko, Komiseri ushinzwe amarushanwa ndetse na Komiseri ushinzwe gushaka amasoko (Maketing), abahagarariye amakipe y’icyiciro cya mbere barimo uhagariye Rayon Sports, Bugesera ndetse na Gasogi United.

Ku makipe y’icyiciro cya kabiri harimo uhagarariye AS Muhanga, Impessana Miroplast, hakiyongeraho Jules Karangwa ushinzwe amategeko muri FERWAFA, Bonnie Mugabe ukora muri FIFA, ndetse na Mukandanga Kelly ukora muri CAF.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka