Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA

Gianni Infantino wari usanzwe ayobora FIFA, yongeye gutorerwa indi manda mu matora yabereye i Kigali muri BK Arena, aho yari umukandida rukumbi.

Kuri uyu wa Kane muri BK Arena habereye inama ya FIFA (FIFA Congress) yabaga ku nshuro yayo ya 73, aho hanabaye amatora ya Perezida w’iri shyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi.

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA
Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA

Umusuwisi Gianni Infantino wari umukandida rukumbi kuri uyu mwanya , yongeye kugirirwa icyizere n’abanyamuryango ba FIFA bamutorera kuyobora iri shyirahamwe mu gihe cy’imyaka ine iri imbere.

Abanyamuryango ba FIFA bongeye kugirira icyizere Gianni Infantino
Abanyamuryango ba FIFA bongeye kugirira icyizere Gianni Infantino

Gianni Infantino watowe bwa mbere mu mwaka wa 2016, nyuma yo kongera gutorwa kuri uyu munsi yashimiye abanyamuryango ba FIFA bamugiriye icyizere, abizeza ko azakomeza guteza umupira w’amaguru ku isi.

Yagize ati “Kuba Perezida wa FIFA ni iby’agaciro gakomeye kandi ni inshingano zikomeye zikomeye cyane. Nishimiye cyane kandi nakozwe ku mutima n’uko munshyigikiye. Ndabizaza ko nzakomeza gukorera FIFA, gukorera umupira w’amaguru ku isi yose, nkorera amashyirahamwe 211 yose agize FIFA.”

Amatora yabereye mu nama ya FIFA yabereye muri BK Arena mu Rwanda
Amatora yabereye mu nama ya FIFA yabereye muri BK Arena mu Rwanda

Reba ibindi muri iyi Video:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka