FERWAFA yakiriye abakinnyi bakina mu bubiligi ndetse n’imiryango yabo

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryakiriye abakinnyi bane bakina mu gihugu cy’u Bubiligi mu rwego rwo gukangurira abakina hanze gukinira Amavubi

Kuri uyu wa Kane tariki 14/07/2022, Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yakiriye abakinnyi b’abanyarwanda bakina mu Bubiligi n’imiryango yabo muri gahunda yo kumenya no gushishikariza abanyarwanda bakina hanze gukinira ikipe y’igihugu “Amavubi”

Babinyujije ku rubuga rwa Twitter, batangaje ko abo bakinnyi ari uwitwa Luca Steppe w’imyaka 18 ukinira KVK Ninove , Darryl Nganji Nkulikiyimana w’imyaka 17 ukinira FCV Dender na Aboul Kelly w’imyaka 22 ukinira Rupel Boom F.C.

Ibi bije nyuma y’aho mu minsi yashize hatangiye gahunda yo gushakisha ndetse no guhura n’abanyarwanda baba bakina umupira w’amaguru ku mugabane w’I Burayi ngo baze gutanga umusanzu mu ikipe y’igihugu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka