CHAN ishobora kwimurirwa 2021, andi marushanwa aracyashakirwa amatariki-Perezida wa CAF

Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika Ahmad Ahmad, aratangaza ko irushanwa rya CHAN bikigoye ko ryaba mu mezi ya vuba kubera icyorezo cya Coronavirus.

Mu gihe ibikorwa hafi ya byose bijyanye n’imikino ku isi byahagaze, umugabane wa Afurika na wo ni hamwe mu hantu amarushanwa atandukanye yagombaga gukinwa muri iyi minsi yahagaze haba ku rwego rwa Afurika ndetse n’amarushanwa y’imbere mu bihugu.

Rimwe mu marushanwa akomeye u Rwanda rwari rwabonye itike yo kwitabira, harimo igikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN) yagombaga kubera muri Cameroun guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 04/04 kugera tariki 25/04/2020.

Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad
Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad

Perezida wa CAF Ahmad Ahmad ubu uherereye ku ivuko mu Majyepfo y’u Burengerazuba bwa Madagascar mu gace kitwa Mahajanga, mu kiganiro kirambuye yagiranye n’ikinyamakuru Le Monde, yatangaje ko iri rushanwa bidashoboka ko ryaba mbere ya Kanama 2020, ko bishoboka ko ryanajya umwaka utaha wa 2021.

Yagize ati “Icyifuzo cyacu ni ugukina amarushanwa yose, birumvikana na CHAN irimo. Gusa birumvikana haracyari kare kumenya niba izaba muri 2020 cyangwa muri 2021, gusa ikigaragara cyo ni uko CHAN idashobora kubera muri Cameroun mu kwezi kwa Gatandatu cyangwa ukwa Karindwi, kubera ibihe turimo.”

Uko amatsinda ya CHAN 2020 ateye nyuma ya Tombola yabaye mu minsi ishize
Uko amatsinda ya CHAN 2020 ateye nyuma ya Tombola yabaye mu minsi ishize

Ahmad Ahmad kandi yanabajijwe uko abona ku kuba Shampiyona y’u Burundi ikomeje gukinwa nyamara ibindi bihugu bitagikina, gusa iki kibazo yagisubije ataramenya ko i Burundi hamaze kugaragara abanduye iyi ndwara.

Yasubije ati “Kugeza ubu nta muntu uragaragaraho icyo cyorezo mu buryo bwemewe, gusa icyo cyemezo cyo kuguma gukina iyi shampiyona mu buryo busanzwe kireba Federasiyo yabo ndetse na Leta y’u Burundi. CAF nta burenganzira ifite bwo kubyinjiramo, gusa ibindi bihugu shampiyona zarahagaze, ahandi zikinwa nta mufana uri ku kibuga.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka