Byemejwe ko Amavubi azakina na Sudan imikino ibiri ya gicuti

Ikipe y’igihugu Amavubi izakinira mu Rwanda na Sudan imikino ibiri ya gicuti tariki ya 17 na 19 Ugushyingo 2022.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Muhire Henry yavuze ko iyi mikino ya gicuti yasabwe na Sudan yose izabera mu Rwanda.

Yagize ati"Ikipe y’u Rwanda irakina n’ikipe ya Sudan ,umukino uzaba tariki ya 17 Ugushyingo ndetse nundi uzaba tariki 19 ,2022 ni imikino ya gicuti izakinwa biturutse ku busabe bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Sudan."

Amavubi yaherukaga gukina imikino ibiri ya gicuti muri Maroc
Amavubi yaherukaga gukina imikino ibiri ya gicuti muri Maroc

Uyu mukino uzakinwa mu matariki yagenwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), Umunyamabanga wa FERWAFA yakomeje avuga ko bari gusaba ko wakinirwa kuri stade ya Kigali kugeza ubu itujuje ibisabwa ngo yakire imikino mpuzamahanga bigakorwa mu rwego rwo kwegereza ikipe abafana.

Ati"Turi gusaba ko yabera kuri stade ya Kigali mu rwego rwo gufasha abakunzi b’umupira w’amaguru kubona ikipe yabo hafi. Turi kubisaba FIFA kuko ninabo tumenyesha ko tuzakina umukino."

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" muri Nzeri 2022 yakinnye na Guinnea Equatorial umukino wa gicuti wemewe na FIFA amakipe yombi anganya 0-0 mu gihe yanakinnye umukino w’imyitozo igatsindwa n’ikipe ya DCMP 3-1.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka