Bakame yerekeje muri Kenya gusinyira AFC Leopards

Ndayishimiye Eric Bakame wakiniraga Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri Kenya aho agiye gukinira AFC Leopards

Uyu munyezamu wari usanzwe ari Kapiteni wa Rayon Sports mbere y’uko iyi kipe imuhagarika, aheruka guhabwa na Rayon Sports uburenganzira bumwemerera kwerekeza mu ikipe yose yifuza.

Ndayishimiye Eric Bakame yari amaze imyaka itanu akinira Rayon Sports
Ndayishimiye Eric Bakame yari amaze imyaka itanu akinira Rayon Sports

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo yerekeje i Nairobi muri Kenya, aho agomba gusinyira iyi kipe ya AFC Leopards yarangije Shampiona ishize iri ku mwanya wa karindwi, uyu mwaka ikazatangira Shampiona ikina na Kariobangi Sharks.

Bakame abaye umunyezamu wa kabiri werekeje muri Kenya, nyuma y’umunyezamu Emery Mvuyekure wahoze akinira ikipe ya APR Fc ndetse na Police Fc.

Emery Mvuyekure nawe yamaze gusinya muri Tusker yo muri Kenya
Emery Mvuyekure nawe yamaze gusinya muri Tusker yo muri Kenya
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ntaribikabisa nibajye guhaha ubumenyi hanze wenda ahari hari icyo Amavubi yazunguka!

uwineza jean baptiste yanditse ku itariki ya: 21-11-2018  →  Musubize

Nibyiza aba basore bacu barimo berekeza muri championa zitandukanye hari icyo bizongerera Ikipe yacu ya Amavubi.

kanyanzira Jean Chrysostome yanditse ku itariki ya: 21-11-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka