Ba myugariro batatu b’Amavubi bakina hanze bageze mu Rwanda (AMAFOTO)

Mu gihe Amavubi akomeje imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika, abandi bakinnyi batatu bakina hanze y’u Rwanda bageze mu Rwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ba myugariro Manzi Thierry na Emmanuel Imanishimwe bakina muri FAR Rabat yo muri Maroc, na Nirisarike Salomon ukina muri FC Urartu yo muri Armenia, bageze mu mwiherero w’Amavubi.

Salomon Nirisarike, Emmanuel Imanishimwe na Manzi Thierry bageze mu Rwanda
Salomon Nirisarike, Emmanuel Imanishimwe na Manzi Thierry bageze mu Rwanda

Aba bakinnyi baje biyongera kuri Mutsinzi Ange wahageze ku munsi w’ejo, Bizimana Djihad wari umaze iminsi ari mu Rwanda, ndetse n’abandi bakinnyi 21 bakina mu Rwanda batangiye umwiherero ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Abandi bakinnyi basigaye bataragera mu Rwanda barimo KAGERE Meddie uzahagera tariki 29/05/2022 Saa moya z’ijoro, mu gihe RAFAEL York we azasanga abandi muri Afurika y’epfo tariki 30/05/2022.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka