AS Kigali yatangiye gutegura umwaka utaha isinyisha abakinnyi babiri

Ikipe ya AS Kigali ya AS Kigali yatangiye kwitegura umwaka utaha w’imikino, isinyisha abakinnyi babiri barimo uwakinaga muri Etincelles n’uwa Bugesera

Mu gihe umwaka w’imikino mu Rwanda usa n’ugana ku musozo ahasigaye imikino y’igikombe cy’Amahoro, amakipe atandukanye akomeje kwiyibaka asinyisha abakinnyi bashya ndetse n’abatoza bazifashishwa mu mwaka utaha w’imikino.

Ikipe ya AS Kigali kuri uyu wa Gatanu yatangaje abakinnyi babiri bashya yasinyishije, barimo Rucogoza Eliassa wakinaga mu ikipe ya Bugesera FC, akaba yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri AS Kigali.

Undi mukinnyi AS Kigali yasinyishije ni uwitwa Akayezu Jean Bosco wakinaga mu ikipe ya Etincelles yo mu karere ka Rubavu, akaba yaranakiniye amakipe arimo ikipe ya AS Muhanga ndetse na Police FC.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka