AS KIGALI ya Masudi Juma itarabona amanota atatu yongeye gutsindwa

Mu mikino y’umunsi wa Gatandatu wa Shampiona, AS Kigali yongeye gutsindwa, Bugesera ibona intsinzi ku munota wa nyuma

As Kigali byongeye kwanga, amanota atatu akomeje kuba ingume.

Sunrise ikuye amanota atatu kuri AS Kigali
Sunrise ikuye amanota atatu kuri AS Kigali

Ku mukino we wa mbere kuri Stade ya Kigali aticaye mu bafana, Masudi Juma yahatsindiwe na Sunrise igitego 1-0, igitego cyagiyemo mu gice cya mbere kucyishyura birananirana.

Amagaju yafunguye amazamu ku munota wa mbere, birangira atsindiwe i Musanze

Ikipe y’Amagaju yari yafunguye amazamu ku munota wa mbere ku gitego cyatsinzwe na Adolphe.

Musanze yaje kwishyura inatsinda icya kabiri, ibitego byatsinzwe na Kabuluta Patrick ndetse na Tuyishime Pekeyake, mu gihe Amagaju yari yanahawe ikarita itukura yahawe Manishimwe Jean de Dieu.

Bugesera yarokoye Bugesera imbere ya Gicumbi

Mu mukino wabereye i Bugesera, ikipe ya Bugesera itsinze Gicumbi ibitego 2-1, aho Bugesera yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 90+1, igitego cyatsinzwe na Ndahinduka Michel uzwi ku izina rya Bugesera.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka