Mu gicuku cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16/02/2021, ni bwo itsinda ririmo abakinnyi, abatoza ndetse n’abandi bose bari baherekeje ikipe baraye bageze i Kigali, aho bapimwe COVID-19 bagahita berekeza mu kato kuri Hotel.
Ku munsi w’ejo ku mbuga nkoranyambaga hiriwe hacicikana amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi b’ikipe ya AS Kigali baba batorokeye Istanbul muri Turukiya aho iyi kipe yamaze amasaha menshi mbere yo gufata indege ibageza ku kibuga cy’indege i Kanombe.
Mu itsinda ry’abantu 35 bari bagize delegasiyo yerekeje Tunisia, 34 bose bagarutse i Kigali usibye umunyamakuru umwe wahise yerekeza i Monastir gukurikina imikino y’ijonjora rya kabiri ry’igikombe cya Afurika muri Basketball (Afro-Basket Qualifiers).
Biteganyijwe ko nihamara kuboneka ibisubizo bya COVID-19, iyi kipe ihita isubukura imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, aho izakinira umukino wo kwishyura na CS Sfaxien yari yayitsinze ibitego 4-1 mu mukino ubanza, ukazaba ku Cyumweru tariki 21/02/2021.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|