APR mu mukino wayoroheye yatsinze La Jeunesse yo mu cyiciro cya kabiri
Ikipe ya APR yateye intambwe igana muri 1/4, nyuma yo kwihererana La Jeunesse ikayitsinda ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali, aho ibitego byatsinzwe na Bizimana Djihad kuri Penaliti, Hakizimana Muhadjili kuri Coup-Franc, naho ikindi gitsindwa na Imran Nshimiyimana nyuma ya koruneri yari itewe na Muhadjili
Police yatsindiwe i Musanze 3-1, amahirwe ya 1/4 aragabanuka
Ikipe ya Police Fc mu mukino yari yasuyemo Musanze kuri Stade Ubworoherane, yahatsindiwe ibitego 2-1, ikazategeraza umukino wo kwishyura uzabera i Kigali kuri uyu wa Gatanu.
Amagaju yari yabanje igitego, yatunguwe na Muhanga yo mu cyiciro cya kabiri
Mu mukino wabereye kuri Stade ya Muhanga, ikipe ya Muhanga yahatsindiye Amagaju ibitego 2-1, nyuma y’aho Amagaju ariyi yari yabanje igitego cyari cyatsinzwe na Ndikumana Bodo.
Undi mukino wari uteganyijwe kuri uyu wa kabiri, wagombaga guhuza Kiyovu na Bugesera kuri Stade Mumena, waje gusubikwa nyuma y’imvura nyinshi yari yangije ikibuga, hakaba hataramenyekana igihe uzasubukurirwa
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|