APR FC yatsinze Gasogi mu mukino utegura Shampiyona (AMAFOTO)
Yanditswe na
Sammy Imanishimwe
Ikipe ya APR FC ifite umutoza mushya, yatsinze Gasogi United ibitego 3-0 mu mukino wa gicuti wabereye Kicukiro.
Wari umukino wa kabiri wa gicuti ku mutoza mushya, nyuma yo gitsindwa uwa mbere yakinnye na Marines ikamutsinda ibitego 3-2.
Mu mukino wari witabiriwe n’abafana benshi, APR FC yatsinze igitego cya mbere cyatsinzwe na Ally Niyonzima kuri Coup-Franc, igice cya mbere kirangira ari 1-0.
Mu gice cya kabiri, APR FC yari yasimbuje abakinnyi hatandatu yatsinze igitego cyatsinzwe na Ngabo Albert.
Mu minota ya nyuma y’umukino, Buteera Andrew wari wagiye mu kibuga asimbuye, yatsinze igitego cya gatatu n’umutwe, umukino urangira APR FC yegukanye intsinzi ku bitego 3-0.
Abakinnyi APR FC yabanje mu kibuga:
Kimenyi Yves, Rusheshangoga Michel, Ngabo Albert, Rugwiro Hervé, Buregeya Prince, Mugiraneza Jean Baptiste, Nshimiyimana Amran, Niyonzima Ally, Bigirimana Issa, Nshuti Innocent na Iranzi Jean Claude