Kuri uyu wa Kane kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, ikipe ya APR FC yakinaga umukino wa cyenda wa gicuti nyuma y’aho amakipe yongeye kwemererwa gukora imyitozo no gukina imikino ya gicuti.
Ni umukino igice cya mbere cyarangiye ari ubusa ku busa, mu gice cya kabiri APR FC yaje gutsindamo ibitego bitatu, harimo bibiri byatsinzwe na Bizimana Yannick, ndetse n’icya danny Usengimana yatsinze kuri Penaliti, nyuma y’ikosa ryari rikorewe Byiringiro Lague winjiye mu kibuga asimbuye.

Abakinnyi bane babanjemo mu mukino wahuje Amavubi na Cap-Vert ari bo Manzi Thierry, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel na Tuyisenge Jacques, ntibagaragaye muri uyu mukino, mu gihe abatarawukinnye ari bo myugariro Mutsinzi Ange na Manishimwe Djabel babanje mu kibuga.

National Football League
Ohereza igitekerezo
|