APR FC yatangaje abakinnyi bashya, abongerewe amasezerano ndetse n’abasezerewe (AMAFOTO)

Ikipe ya APR FC yatangaje zimwe mu mpinduka zakozwe mu bakinnyi, aho harimo abakinnyi basezerewe barimo Rwabugiri Umar, ndetse n’abashya barimo Mugisha Gilbert wavuye muri Rayon Sports

Nyuma yo gutandukana na bamwe mu bakinnyi barimo Byiringiro Lague wabonye ikipe mu Busuwisi, ndetse Manzi Thierry werekeje muri Georgia, APR FC yamaze gutangaza abakinnyi bongereye amasezerano barimo Manishimwe Djabel wasinye imyaka ine.

Iyi kipe kandi yatangaje abandi bakinnyi bashya iyi kipe yasinyishije barimo Mugisha Gilbert wari umaze imyaka itandatu muri Rayon Sports, na Nsabimana Aimable wigeze gukinira iyi kipe akaba ayigarutsemo avuye muri Police FC.

Urutonde rw’abakinnyi bongereye amasezerano

Rwabuhihi Placide wasinyiye imyaka 3

Manishimwe Djabel wasinyiye imyaka 4

Niyomugabo Claude wasinyiye imyaka 2

Niyonzima Olivier Sefu wasinyiye imyaka 2

Nizeyimana Djuma wasinyiye imyaka 2

Abakinnyi bashya APR FC yasinyishije

Karera Hassan wavuye muri Kiyovu sports

Kwitonda Alain (Bacca) wavuye muri Bugesera FC

Nsengiyumva Ir’shad wavuye muri Marine FC

Mugisha Bonheur wavuye muri Mukura VS (akaba yari intizanyo ya HEROES FC)

Nsabimana Aimable wavuye muri Police FC

Nsabimana Aimable wavuye muri Police FC
Nsabimana Aimable wavuye muri Police FC

Mugisha Girbert wavuye muri Rayon Sports ,bose bakaba barasinye imyaka 2.

Abakinnyi APR FC yasezereye

Usengimana Danny
Mushimiyimana Mohammed
Rwabugiri Umar

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

aper yacu jyendayikunda ntokumu ariko haracyabura abakoro ibitangaza ngo batujyeze mumpatsinda .ya zirige .jye ntabontaga yakango bye kuzana abanya mahanga .murakoze ndabakunda

Munezer yanditse ku itariki ya: 8-07-2022  →  Musubize

ndiumufana wa apr ark dushaka ko muzana bvlaise na clemant murakoze

african tuyisabe yanditse ku itariki ya: 17-06-2022  →  Musubize

kukubraise batamusinyishije

african tuyisabe yanditse ku itariki ya: 17-06-2022  →  Musubize

ISTINZ KUBAFAN TWESE

TUYISENGE COLDE yanditse ku itariki ya: 15-02-2022  →  Musubize

apr ndayishimiy kubakinnyibashyayasinyishij ndumufanaway apr oyeee!

MUGISHA yanditse ku itariki ya: 19-11-2021  →  Musubize

byiza cyneeeee

BIZIMUNGU JEAN DAMASCENE yanditse ku itariki ya: 3-08-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka