Amwe mu makuru avugwa mu Mavubi mbere yo kwerekeza muri Maroc

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” ikomeje imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi izabera muri Qatar umwaka utaha.

Mu rwego rwo gutegura imikino ibiri u Rwanda ruzakina na Mali muri Maroc tariki 01/09 i Agadir muri Maroc, ndetse n’uwo bazakina na Mali I Kigali tariki 05/09/2021, imyitozo irakomeje aho na bamwe mu bakinnyi bakina hanze bakomeje kuhagera.

Meddie Kagere ejo yakoranye imyitozo na bagenzi be
Meddie Kagere ejo yakoranye imyitozo na bagenzi be

Nyuma y’abakinnyi bari bahageze mbere nk’abanyezamu Buhake Twizere Clement ndetse na Emery Mvuyekure, abandi bakinnyi bamaze kugera mu Rwanda barimo myuagariro Nirisarike Salomon ndetse na rutahizamu Meddie Kagere ejo watangiye imyitozo.

Abandi bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda usibye Mutsinzi Ange utazitabira uyu mukino kubera impamvu z’uko ari bwo akigera mu ikipe ye nshya bazahurira n’Amavubi mu mujyi wa Agadir muri Maroc ku buryo bukurikira:

NGWABIJE Bryan Clovis : 28/08/2021 23:55’
RWATUBYAYE Abdul: 29/08/2021 17:10
MANZI Thierry: 29/08/2021 23h55’
RAFAEL York: 29/08/2021 23:55’
MUKUNZI Yannick: 29/08/2021 23:55
DJIHAD Bizimana: 30/08/2021 17:10’

Biteganyijwe ko ikipe y’igihugu y’u Rwanda izahagruka I Kigali taliki 29/08 ku I saa saba z’ijoro, bakazagerayo ku mugoroba wa taliki 29/08 17h10’, umukino ukaba taliki 01/09/2021.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Amavubi tuyarinyuma azabikora Rwanda2-1 Mali ndi uganda

Twizerimana jeancloude yanditse ku itariki ya: 27-08-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka