Amavubi yahawe Team Manager mushya nyuma yo guterwa mpaga

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” yahawe Umuyobozi mushya ushinzwe imicungire n’imitegurire y’ikipe y’igihugu nyuma yo guhagarika uwari usanzweho.

Mu minsi mike ishize ni bwo impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika “CAF” yatangaje ko u Rwanda rwatewe mpaga kubera amakosa yo gukinisha umukinnyi Muhire Kevin kandi yari afite amakarita abiri y’umuhondo.

Ibi byaje gutuma Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ritanga ubutumwa bugenewe abanyarwanda ribasaba imbabazi ku byabaye, ndetse rihita ritangaza ko uwari ushinzwe imicungire n’imitegurire y’ikipe y’igihugu Rutayisire Jackson yahagaritswe.

Emery Kamanzi yagizwe Team Manager w'Amavubi
Emery Kamanzi yagizwe Team Manager w’Amavubi

Emery Kamanzi usanzwe abasifuzi muri FERWAFA, ni we wahawe izi nshingano zari zisanzwe zifitwe na Rutayisire Jackson, nk’uko twabihamirijwe na Karangwa Jules, Umunyamabanga Mukuru w’agateganyo wa FERWAFA.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka