Mu gice cya mbere cy’umukino ikipe ya Congo ni yo yabonye amahirwe menshi yo kubona igitego, aho yarushaga Amavubi guhererekanya imipira mu kibuga hagati.
Igice cya mbere cy’umukino cyaje kurangira amakipe yombi nta n’imwe ibashije kureba mu izamu ry’indi.
Igice cya kabiri Amavubi yatangiye bigaragara ko umutoza Jimmy Mulisa yamaze gusoma umukino wa Congo, kuko Amavubi yagerageje gusatira Congo, ariko amahirwe y’igitego akaba make.
Umukino ujya gusoza Congo yasatiriye cyane Amavubi ariko umuzamu wayo ababera ibamba umukino urangira ari ubusa ku busa.
Abakinnyi babanje mu kibuga:
U Rwanda: Ntwari Fiacre, Mutsinzi Ange, Buregeya Prince, Nsabimana Aimable, Ahoyikuye Jean Paul, Itangishaka Blaise, Manishimwe Djabel, Muhire Kevin, Nshuti Dominique Savio, Byiringiro Lague, Nshuti Innocent.
DR Congo: Jackson Lunanga, Herve Beya, Zola Arsene, Jonathan Ifaso Ifunga, Peter Mutumosi Zulu, Nelson Felix Balongo Lissondja, Dieumerci Mukoko Amale, Glody Likonza, Tshibuabua Tresor, Jackson Muleka, Kayembe Edo
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
AMAKURUYIMIKINO MURWANDA NOHANZE