AMAVUBI atarabona igisubizo cya CAF yagarutse mu Rwanda kwitegura Benin

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda (AMAVUBI) igarutse mu Rwanda aho ije gutegura umukino wo kwsihyura ugomba kuyihuza na Benin ku kibuga kitaramenyekana kugeza ubu.

Nyuma yo gukina umukino ubanza akanganya na Benin igitego 1-1 mu mukino wabereye i Cotonou muri Benin, ikipe y’igihugu y’u Rwanda igarutse mu Rwanda aho ije gutegura umukino wo kwishyura.

Amavubi agarutse mu Rwanda kwitegura Benin
Amavubi agarutse mu Rwanda kwitegura Benin

Iyi kipe y’igihugu yahagurutse itarabona igisubizo cy’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), nyuma yaho u Rwanda rwari rwayimenyesheje ko rutanyuzwe no kuba umukino wo kwishyura warashyizwe muri Benin.

Umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Muhire Henry, aganira na Kigali Today/KT Radio yavuze ko ikipe igarutse mu Rwanda kugira ngo inabone uko yitegura uyu mukino kuko na mbere y’umukino ubanza Benin itegeze iyorohereza gukora imyitozo nk’uko CAF ibisaba.

Mu myitozo ibanziriza umukino ubanza, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yagombaga gukorera imyitozo ku kibuga izakiniraho ndetse n’isaha izakiniraho nk’uko amategeko abiteganya, ariko isohorwa mu kibuga igihe yemerewe kitageze nk’uko bari kumwe n’iyi kipe babidutangarije.

Kugeza ubu FERWAFA itangaza ko yo ku giti cyayo ibyo CAF yari yabasabye babyujuje by’umwihariko Amahoteli ashobora kwakira amakipe y’igihugu ndetse n’abayobora imikino barimo abasifuzi.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” yamaze kuva kuri Hoteli yari icumbitsemo muri Benin yerekeza ku kibuga cy’indege, aho igomba kugaruka mu Rwanda inyuze i Lomé muri Togo, ikanyura Addis Abeba muri Ethiopia, ikagera mu Rwanda saa sita n’igice z’ijoro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nagaruke CAF nitemerako umukini ubera mu rwanda batange ikirego muri FIFA cyaangwa ubere Tanzania

CYUBAHIRO Joseph yanditse ku itariki ya: 23-03-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka