Amasura adasanzwe ku bakinnyi basubukuye imyitozo i Burayi nyuma ya #COVID19 (AMAFOTO)

Amakipe menshi muri shampiyona zikomeye i Burayi yamaze gusubukura imyitozo, aho bamwe mu bakinnyi bagarutse mu masura badasanzwe bamenyereweho.

Nyuma yo kubimburirwa na shampiyona y’u Budage yasubukuwe mu mpera z’icyumweru , kugeza ubu amakipe yo mu bihugu bya Espagne, u Butaliyani no Bwongereza nayo yamaze gutangira imyitozo, aho biteguye no gusubukura shampiyona mu ntangiriro z’ukwezi gutaha.

Iyi foto ya Sadio Mane ni imwe mu zazengurtse cyane ku mbuga nkoranyambaga
Iyi foto ya Sadio Mane ni imwe mu zazengurtse cyane ku mbuga nkoranyambaga
N'Golo Kante we yatunguranye agaruka afite umusatsi bitari bisanzwe
N’Golo Kante we yatunguranye agaruka afite umusatsi bitari bisanzwe

Mu gihugu cy’u Bwongereza, ikipe ya Liverpool mu myitozo ya mbere, bamwe mu bakinnyi barimo Sadio Mane, Firmino ni bamwe mu batunguye abantu bitewe n’uko baje kugaragara barahinduye inyogosho basanzwe bamenyereweho.

Paul Pogba wa Man U nawe nta birungo bishya yari yashyira mu musatsi
Paul Pogba wa Man U nawe nta birungo bishya yari yashyira mu musatsi
Imipira y'imyitozo ni ukubanza kuyitera umuti wica udukoko by'umwihariko Coronavirus
Imipira y’imyitozo ni ukubanza kuyitera umuti wica udukoko by’umwihariko Coronavirus
Divock Origi wa Liverpool ni uku agaragara
Divock Origi wa Liverpool ni uku agaragara
Roberto Firmino ari mu batangaje abantu benshi kubera uyu musatsi
Roberto Firmino ari mu batangaje abantu benshi kubera uyu musatsi

Muri Espagne, nyuma yo gutangira imyitozo y’umuntu umwe umwe, guhera ku wa mbere batangiye imyitozo mu matsinda y’abakinnyi benshi, bakaba biteguye nabo gusubukura mu mwezi gutaha aho itariki y’agateganyo ari 12/06/2020.

Mu butaliyani, biteganyijwe ko shampiyona igomba kuba byibura yasojwe tariki 20/08/2020, kugira ngo bazakore ibishoboka byose umwaka utaha w’imikino wa 2020/2021 uzatangira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Biratangaj kbs ibint n danger

Nekjay yanditse ku itariki ya: 21-05-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka