Amagaju atsinze Gicumbi, Kiyovu itsindirwa i Nyagatare

I Gicumbi, Amagaju ahatsindiye Gicumbi abafana bashyamirana na Bekeni

Ni umukino wahuje amakipe yombi yari atarabona amanota atatu muri Shampiona, aho zose zari zifite inota rimwe.

Gicumbi itsindiwe mu rugo n'Amagaju
Gicumbi itsindiwe mu rugo n’Amagaju

Ikipe y’Amagaju niyo yafunguye amazamu ku munota wa 11 w’umukino, igitego cyatsinzwe na Byiringiro Iréné.

Nyuma y’iminota ibiri gusa, Amagaju yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Ndikumana Trésor, nyuma y’ikosa ryakozwe n’umunyezamu Sozera Anselme wafashe umupira akawurekura.

Ikipe ya Gicumbi yaje kubona igitego cya mbere ku munota wa 30 w’umukino cyatsinzwe na Okenge Kevin, nyuma gato Amagaju ahita ahabwa ikarita itukura.

Mu gice cya kabiri Amagaju yatsinze igitego cya gatatu cyatsinzwe na Irambona Fabrice.

Gicumbi yatangiye kotsa igitutu Amagaju inayitsinda igitego cya kabiri cyatsinzwe na Nshimiyimana Aboubacar, umukino urangira Amagaju atsinze Gicumbi ibitego 3-2.

Kiyovu yongeye gutsindwa bwa kabiri yikurikiranya.

Ikipe ya Kiyovu Sports yaherukaga gutsindwa na Mukura, yaje gutsindirwa na Sunrise i Nyagatare.

Kiyovu Sports niyo yari yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Nizeyimana Djuma, Sunrise iza gutsinda ibitego bibiri byatsinzwe na Baboua Samson ndetse na Jules Olimwengu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka