Amafaranga azava mu gikombe cy’Amahoro azafasha abagizweho ingaruka n’ibiza

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda "FERWAFA" ryatangaje ko igice cy’amafaranga azava mu mikino y’igikombe azafasha abangirijwe n’ibiza

Tariki 03/06/2023, mu karere ka Huye hazabera imikino ya nyuma y’Igikombe cy’Amahoro mu bagabo, ahazakinwa umwanya wa gatatu ndetse n’umukino wa nyuma.

Umukino wa nyuma uzahuza APR FC na Rayon Sports
Umukino wa nyuma uzahuza APR FC na Rayon Sports

Mu itangazo FERWAFA yashyize ahagaragara, yatangaje ko 50% by’amafaranga azava muri iyi mikino zakoreshwa mu kugoboka abagizweho ingaruka n’ibiza byibasiye Intara y’u Burengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo.

Umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzahuza ikipe ya Mukura VS na Kiyovu Sports, mu gihe umukino wa nyuma uzahuza APR FC na Rayon Sports.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ee! abareyor turahari dutwika apr 3-1

niyonsaba yanditse ku itariki ya: 23-05-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka