Ku i Saa tatu z’ijoro ryo kuri iki Cyumweru, haraba umukino usoza indi mikino ya ¼, umukino uza guhuza ikipe y’u Rwanda Amavubi yabaye iya kabiri mu itsinda C, ndetse n’iya Guinea yabaye iya mbere mu itsinda D.
Ni umukino ku ruhande rw’Amavubi bifuza gutsinda bakandika amateka mashya kuko ari bwo bwa mbere u Rwanda rugeze muri ½ mu marushanwa yo ku rwego rwa Afurika, kuko kure rwari rwarageze ari muri ¼ mu marushanwa ya CHAN 2016 yabereye mu Rwanda.
Abakinnyi bo kwitega
Bamwe mu bakinnyi iyi kipe y’igihugu ya Guinea iza kuba igenderaho, harimo nayo Yakhouba Gnagna Barry umaze kuyitsindira ibitego bitatu, ndetse na Morlaye Sylla ukina hagati mu ikipe ya Horoya Fc, akaba yaranabaye umukinnyi mwiza (Homme du match/Man of the Match) mu mikino ibiri ya mbere Guinea yakinnye.
Nta COVID ku mpande zombi
Aya makipe yombi mbere yo guhura, ibisubizo ku bipimo bya Cornavirus byafashwe ku mpande zombi, byagaragaje ko nta n’umwe urwaye icyo cyorezo cyibasiye amwe mu makipe ari muri aya marushanwa by’umwihariko nka Republika iharanira Demokarasi ya Congo.
Si ubwa mbere aya makipe agiye guhura
U Rwanda na Guinea ni inshuro ya kane bagiye guhura mu marushanwa atandukanye, aho aya makipe yakinnye bwa mbere mu gikombe cya Afurika cya 2004, ibihugu byombi byanganyije igitego 1-1, aho u Rwanda rwishyuriwe na Kamanzi Kharim ku munota wa nyuma w’umukino.
Mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika cya 2019, aya makipe yombi yongeye guhurira mu itsinda rimwe, mu mukino ubanza Guinea itsinda u Rwanda ibitego 2-0, naho mu mukino wo kwishyura i Kigali bahanganyiriza igitego 1-1.
Abakinnyi bashobora kubanza mu kibuga ku ruhande rw’Amavubi
Kwizera Olivier, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Emery Bayisenge, Mutsinzi Ange, Niyonzima Olivier, Twizerimana Martin Fabrice, Hakizimana Muhadjiri, Tuyisenge Jacques, Sugira Ernest na Byiringiro Lague.
Inkuru zijyanye na: CHAN2020
- Bamwe mu bakinnyi bigaragaje muri CHAN batangiye kubona amakipe hanze
- #CHAN2020: Hagati ya Morocco na Mali haravamo itwara igikombe
- Twabyemeye, ntitwajya kurega VAR-Mashami avuga ku ikarita y’umutuku no gusezererwa
- #CHAN2020: Amavubi asezerewe na Guinea mu mukino wabonetsemo amakarita abiri y’umutuku (AMAFOTO)
- #CHAN2020: Mali na Cameroon zageze muri 1/2
- Ni igihugu cy’umupira gifite amakipe ahora muri Champions League ariko tugiye kubitegura-Mashami avuga kuri Guinea
- #CHAN2020: Amavubi yamenye ikipe bazahura muri 1/4
- #CHAN2020: Sugira Ernest yijeje Abanyarwanda kugera ku mukino wa nyuma
- Abayobozi n’abandi batandukanye bashimye Amavubi yahesheje u Rwanda ishema
- #CHAN2020: Amavubi abonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO
- Ku mukino wa Uganda twikanze baringa, twari gutsinda - Umutoza Sogonya Kishi
- Iradukunda Bertrand wavunikiye mu myitozo ntagikinnye umukino wa Togo (AMAFOTO)
- #CHAN2020: Congo zombi zakatishije itike ya 1/4
- Amavubi arakomeza cyangwa arasezererwa? Ibyo wamenya ku mukino uhuza Togo n’u Rwanda
- #CHAN2020: Amakipe ya Cameroon na Mali abaye aya mbere akatishije itike ya 1/4
- Amavubi anganyije na Maroc, amahirwe ategerejwe kuri Togo
- Ibyo wamenya mbere y’umukino uhuza Amavubi na Maroc, biteguye gusiba amateka ya 2016
- Ibitego byaje - Sugira nyuma yo kugaruka mu bazakina na Maroc
- Mashami yanyuzwe n’umukino wa mbere, avuga ko hari icyizere mu mikino isigaye
- Amavubi aguye miswi na Uganda, Omborenga atorwa nk’umukinnyi mwiza w’umukino
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Muraho uyumukino turawu tsinda kuberako ntabwoba dufite