Abakinnyi ba Paris Saint-Germain bagaragaje ahantu bifuza gusura mu Rwanda

Abakinnyi b’ikipe ya Paris Saint-Germain bagaragaje bimwe mu byiza bitatse u Rwanda` bifuza gusura, ndetse banakangurira abandi gusura u Rwanda.

Mu butumwa bw’amashusho bwashyizwe ahagaragara n’ikipe ya Paris Saint-Germain ndetse na Visit Rwanda, bamwe mu bakinnyi b’ikipe ya Paris Saint-Germain bagaragaje ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda bifuza gusura.

Ni amashusho agaragaramo abakinnyi nka Alessandro Florenzi, Ángel Di María, Moise Kean, Abdou Diallo, Rafinha Alcantra, Pablo Sarabia na Danilo Pereira, aho buri wese yanatangaje abandi bakinnyi yifuza kuzana na bo mu Rwanda.

Benshi bifuza gusura ishyamba na Pariki ya Nyungwe
Benshi bifuza gusura ishyamba na Pariki ya Nyungwe

Alessandro Florenzi yatangaje ko yifuza gusura amashyamba, ariko by’umwihariko ishyamba rya Pariki ya Nyungwe, akifuza kuba yazasura u Rwanda ari kumwe na Leandro Paredes.

Umunya-Argentine Ángel di Maria yatangaje ko na we yifuza gusura amashyamba arimo na Pariki ya Nyungwe, urusobe rw’ibinyabuzima, n’ibindi byiza bitatse u Rwanda.

Ángel di Maria kandi wifuza kuba yazana na Neymar cyangwa Marquinhos mu Rwanda, avuga ko yifuza no gusura inyamaswa zo mu gasozi, aho mu Rwanda ashobora kuhabona Intare, Ingwe, Imbogo, inkura ndetse n’inzovu.

Moise Kean, we yatangaje ko yifuza kumenya byinshi ku muco nyarwanda, agasura n’aho abami babaga batuye, ndetse akanirebera inka nyarwanda zizwi nk’inyambo.
Moise Kean yavuze ko yifuza kuza mu Rwanda ari kumwe na Mitchel Bakker cyangwa Thilo Kehrer, akaba yanasura inyamaswa akunda cyane “Ingagi zo mu misozi”

Bifuza kubona n'amaso Ingagi zo mu birunga
Bifuza kubona n’amaso Ingagi zo mu birunga

Abou Diallo we yatangaje ko yifuje kwirebera ibyiza bitatse u Rwanda ari mu kirere, yifashishije kajuguju za Akagera Aviation, agasobanukirwa byimbitse amateka akungahaye y’u Rwanda.

Inyambo ni bimwe mu biranga umuco w'u Rwanda
Inyambo ni bimwe mu biranga umuco w’u Rwanda

Diallo kandi avuga ko na we yifuza kureba Inyambo zo mu Rwanda, akanamenya byinshi ku bami ba kera ndetse n’uko babagaho aho bari batuye. Yifuza gusura u Rwanda ari kumwe na Sarabia, Moise Kean cyangwa se Idrissa Gana Gueye.

Rafinha Alcantra we yifuza gusura u Rwanda akanarara mu ihema, akabasha kwirebera ingagi zo mu birunga, akifuza kuzana mu Rwanda na Neymar.

Muri Pariki ya Nyungwe, hari byinshi bikurura ba mukerarugendo
Muri Pariki ya Nyungwe, hari byinshi bikurura ba mukerarugendo

Pablo Sarabia na we yifuza kureba ibyiza bitatse u Rwanda ari muri kajugujugu, akabasha guhura n’ingagi zo mu birunga.

Danilo Pereira we yatangaje ko yifuza gutembera u Rwanda n’igare, akareba ingagi zo mu birunga, akifuza kandi na we kuzana n’umunya-Brazil Neymar.

Reba hano uko babisobanura muri iyi Video:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka