Abakanyujijeho b’Amavubi banyagiye aba Uganda mu mukino wa gicuti

Abahoze bakinira ikipe y’u Rwanda banyagiye aba Uganda ibitego 5-3 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya kigali i Nyamirambo kuri uyu Kane.

Abakinnyi babanjemo

Amavubi: Nkunzingoma Ramadhan, Hategekimana Bonaventure, Ndikumana Hamadi Katauti, Ntaganda Elias, Munyaneza Ashraf, Nshimiyimana Eric, Karekezi Olivier, Kayiranga Baptista, Munyakazi Hassan, Bokota Labama, Saidi Abedi Makasi.

Ikipe y'u Rwanda yabanjemo
Ikipe y’u Rwanda yabanjemo

Uganda: Sam Kawalya, Simeon Masaba, Daniel Ntare, Andy Lule, George Semwogerere, Abdllah Mubilu, Vincent Kayizi, Hakim Magumba, Philip Obwiny,James Odoch, Kefa Kisala

Ikipe ya Uganda yabanje mu kibuga
Ikipe ya Uganda yabanje mu kibuga
Babanje gufata ifoto ya rusange
Babanje gufata ifoto ya rusange

Ikipe y’u Rwanda yari imbere y’abafana bayo niyo yatangiye ihererekanya neza umupira, ndetse iza no guhusha uburyo bukomeye aho Saidi Abedi Makasi nyuma yo guhererekanya umupira na Bokota Labama, umupira waje kugera kwa Kayiranga Baptista wawuhereje Karekezi Olivier ateye ishoti rikomeye maze umunyezamu wa Uganda arasimbuka arawufata.

Abafana bari benshi cyane
Abafana bari benshi cyane
Mouhamud Mossi wahoze afatira Amavubi yiyereka abafana
Mouhamud Mossi wahoze afatira Amavubi yiyereka abafana
Sadi Abedi Makasi yiyereka abafana
Sadi Abedi Makasi yiyereka abafana
Karekezi Olivier wari kapiteni w'iyi kipe
Karekezi Olivier wari kapiteni w’iyi kipe
Ndikumana Hamad Katauti ati "Ndacyabafite ku mutima"
Ndikumana Hamad Katauti ati "Ndacyabafite ku mutima"

Ikipe ya Uganda niyo yaje gufungura amazamu ku munota 10 w’umukino, nyuma y’aho byagaragaraga ko yatangiye kurusha Amavubi.

Nyuma yaho Rita Mana yaje gusimbura Ashraf kadubiri, maze nyuma y’iminota mike ku mupira wari uturutse kuri Saidi Abedi, Bokota Labama yaje gutsinda igitego cya mbere cy’u Rwanda ku munota wa 23, maze nyuma yaho u Rwanda rwongera gusimbuza aho Jimmy Mulisa yasimbuwe na Mutarambirwa Djabil.

Ku munota wa 40 w’umukino u Rwanda rwaje gutsinda igitego cya kabiri, nyuma y’akazi kari gakozwe na Bokota wacenze abakinnyi ba Uganda aranabasiga, maze ahereza Saidi Abedi Maksi wahise atsinda igitego cya kabiri cy’u Rwanda, ari nako igice cya mbere cyaje kurangira.

Mu gice cya kabiri cy’umukino u Rwanda rwaje gutsinda ibindi bitego 3 byatsinzwe na Bokota Labama ku munota wa 50, Kamanzi Kharim ku munota wa 49 ndetse na Karekezi Olivier wa 57, mu gihe Uganda nayo yaje kubona ibindi bitego 2 byatsinzwe na Philip Ssozi ku munota wa 71 ndetse na Vincent Kayizi ku munota wa 81, maze umukino urangira ari 5-3.

Andi mafoto

Bokota Labama yagurukaga, aha yari asumbutse ba myugariro ba Uganda
Bokota Labama yagurukaga, aha yari asumbutse ba myugariro ba Uganda
Bokota Labama nanone
Bokota Labama nanone
Eric Nshimiyimana wongeye gukina hagati, yibutsaga amateka
Eric Nshimiyimana wongeye gukina hagati, yibutsaga amateka
Saidi Abedi Makasi atsinda igitego
Saidi Abedi Makasi atsinda igitego
Abafana banejejwe cyane n'uyu mukino
Abafana banejejwe cyane n’uyu mukino
Kayiranga Baptista acenga abakinnyi ba Uganda
Kayiranga Baptista acenga abakinnyi ba Uganda
Ahindura umupira
Ahindura umupira
Jimmy Mulisa ...
Jimmy Mulisa ...
Bashimira abafana bari baje kubashyigikira ari benshi
Bashimira abafana bari baje kubashyigikira ari benshi
Jimmy Mulisa na Katauti mu mukino w'abahoze bakinira Amavubi
Jimmy Mulisa na Katauti mu mukino w’abahoze bakinira Amavubi
Eric Nshimiyimana na numero 16 yahoze yambara
Eric Nshimiyimana na numero 16 yahoze yambara
Ntaganda Elias ubu ukinira ikipe ya ESPOIR Fc y'i Rusizi
Ntaganda Elias ubu ukinira ikipe ya ESPOIR Fc y’i Rusizi
Nkunzingoma Ramadhan wafatiye Amavubi muri CAN 2004 ni we wabanje mu izamu
Nkunzingoma Ramadhan wafatiye Amavubi muri CAN 2004 ni we wabanje mu izamu
Ntaganda Elias yagaragaje ko agifite imbaraga n'umuvuduko
Ntaganda Elias yagaragaje ko agifite imbaraga n’umuvuduko

Amafoto menshi wayareba AHA

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Aba bari n’abasore bafite igihagararo. Ab’ubu ni bagufi, barananutse, nta buryo kabisa.

Ndabyemeye yanditse ku itariki ya: 1-07-2016  →  Musubize

ESUBUYUGANDAYABONAGAYADUTSINDAKOKO!!!!!!AHAAAA

KORODE yanditse ku itariki ya: 30-06-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka