Mu mukino wari utegerejwe n’abantu benshi ugeranije n’uwawubanjirije,Zambia na Uganda ni amakipe yakurikiranwe n’abafana benshi,by’umwihariko ikipeya Uganda ikaba ari ikipe imenyerewe cyane mu Rwanda,mu gihe Zambi ari ikipe ifite amateka ku mugabane w’Afrika,ndetse ikaba isanzwe igira n’abakunzi benshi mu Rwanda.
Ikipe ya Uganda yatangiye ubona ishobora kuza kwegukana amanota atatu kuri uyu mukino,gusa amahirwe menshi abasore ba uganda ntibaza kuyabyaza umusaruro,biza gutuma Christopher Katongo abonera Zambia igitego ku munota 41,kuri Coup Franc yari itewe na Benson Sakala,maze Katongo ahita atsinda igitego n’umutwe.
Abakinnyi babanjemo
Uganda:Kigonya Mathias (GK), Okot Denis, Ochaya Joseph (Captain), Muwanga Bernard, Richard Kassaga, Ivan Ntege, Timothy Awany, Kezironi Kizito, Mutyaba Muzamiru, Erisa Sekisambu, Robert Sentongo.
Zambia:1 J. Banda ,21 D. Musekwa, 3 S. Kabamba,23 S. Phiri , 4 C. Munthali,13 A. Chama ,8 I. Chansa 14 J. Chirwa ,17 C. Chama ,11 C. Katongo ,20 P. Daka
Ku munsi w’ejo hazaba hakinwa imikino y’umunsi wa nyuma mu itsinda rya mbere,aho u Rwanda ruzaba ruhura na Maroc kuri Stade Amahoro,mu gihe Gabon na Cte d’Ivoire zizaba zikinira kuri Stade Huye ,imikino yose izatangira ku i Saa kumi z’amanywa.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
twizere ko intego ariyo gutsinda kuko tugomba gutwara chan kndi Imana ibidufashemo kuko niyo ishobora byose.